Umwe mu bakozi ba Banki nkuru y’u Rwanda, BNR, yabwiye abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi ko aho kugira ngo umuntu inoti zimutabukireho, yazijyana kuri banki cyangwa SACCO imwegereye bakamuha inoti zikiri nshya.
No ku biceri ni uko, ngo uwaba afite ibyakobotse cyangwa byijimye yabishyira ikigo cy’imari bakorana bakamuhindurira kuko biri mu mabwiriza ya Banki nkuru y’u Rwanda agamije kurinda amafaranga y’igihugu.
Ubwo yaganirizaga abatuye Nkombo kuri uyu wa Gatanu tariki 13, Gashyantare, 2026 mu gikorwa cyo kuzirikana akamaro ka radiyo, uwo mukozi yababwiye ko buri Munyarwanda akwiye kurinda inoti kwangirika.
Inote nziza ifashwe neza imara igihe akenshi ibitswe irambuye, idahinahinwe, idazingazinzwe ngo bayitakishe indabo cyangwa ibindi.
Avuga ko atari byiza kandi kubika inoti z’u Rwanda ahantu handuye cyangwa hatose.
Iyo itabitswe neza, inote ntimara amezi atandatu itaracika cyangwa ngo ibe yangiritse mu bundi buryo.
Kuzingira inoti mu ikofi bituma izana umurongo hagati muri yo, nawo ukazatuma icika bitewe n’igihe imaze izinzwe n’icyo imaze abantu bayicariye.
Wa mukozi ba BNR yabwiye abo ku Nkombo ati: “ Iyo inote ibitswe neza, irambuye, byorohera umuntu wese kuyireba kuburyo nta wamuha inote ipfuye. Inote irambuye urayireba ntube wayitiranya n’iya fake[y’inkorano]”
Yabwiye abaturage hose mu Rwanda ko bakwiye kureba inoti zishaje n’ibiceri byakobotse bakabijyana kuri Banki cyangwa SACCO bakabahindurura .
Ibyo bigo by’imari bikusanya ayo mafaranga bikayashyira Banki nkuru y’igihugu nayo ikabiha amafaranga mashya.
BNR itangaza ko kudafata neza inote, bituma zisaza imburagihe, bigahenda igihugu kizicapisha.
Ingingo ya 270 y’Itegeko nomero 68 rya 2018 riteganya ibihano ku muntu wese ukora amafaranga y’amiganano n’umuntu wese uyonona.
Banki nkuru y’u Rwanda iherutse gutangaza ko hari Abanyarwanda bafata indabo bakazitakisha amafaranga, andi bakayateranyisha inzuma mu Gifaransa bita Aggrafe cyangwa bakazihambiranya ngo barashaka gukorera abakunzi babo umutako w’amafaranga.
Ubuyobozi bwayo busaba abaturage kubaha amafaranga kuko ari ikirango cy’igihugu kandi bakazirikana ko hari abazahanwa n’amategeko nibakomeza kwangiza amafaranga y’igihugu.













































































































































































