Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

PSD yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi

Rene Anthere Rwanyange

Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho y’abaturage (PSD), binyuze mu butumwa bukubiye mu itangazo ryo ku wa & Mata 2026, ryashyizweho umukono na Perezida wa PSD, Hon Dr Vincent Biruta, bugira buti “Mu gihe twibuka   ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage P.S.D. ryifatanyije n’abanyarwanda bose kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Muri ibi bihe byo kwibuka, Ishyaka P.S.D ryunamiye kandi rihaye icyubahiro abishwe muri Jenocide yakorewe abatutsi bazira uko baremwe ,rifashe mu mugongo  abayirokotse  kandi rirashishikariza  Abanyarwanda , by’umwihariko Abayoboke baryo, kwitabira gahunda yo kwibuka no kuba hafi abarokotse Jenoside.”

Ishyaka P.S.D. rirahamagarira Abanyarwanda bose kwamagana ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ikwirakwiza ry’ingengabitekerezo ya Jenoside bikomeje kugaragara mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ahandi ku Isi amahanga arebera.

Ubutumwa bukomeza bugira buti “Ishyaka P.S.D. rirashishikariza Abanyarwanda bose gukomeza guharanira  Ubumwe n’ubudaheranwa nk’imbaraga zizatugeza ku mibereho myiza n’amajyambere twifuza.”

“Twibuke twiyubaka”.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Abo bahanga bivuze ibigwi ko bakoresheje ubuhanga mu ikoranabuhanga bashobora kwinjira muri telefoni ya Lt Gen Halevi wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za Isiraheli...

Amakuru

Perezida Paul Kagame, Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda,  yazamuye mu ntera abapolisi 5746, barimo batanu bakuwe ku ipeti rya Assistant Commissioner of Police (ACP)...

Akarere

Igihugu cya Kenya n’Ubufaransa barateganya gushyiraho amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, mu gihe hari imyigaragambyo yo kwanga ibikorwa by’Ubufaransa muri Sahel y’Afurika y’Uburengerazuba. Nk’uko...

Hanze

Mu gihe agahenge k’iminsi 14 hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran kageze ku munsi wa kabiri, ibikorwa bya gisirikare bya Israel...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities