Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

PSD yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi

Rene Anthere Rwanyange

Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho y’abaturage (PSD), binyuze mu butumwa bukubiye mu itangazo ryo ku wa & Mata 2026, ryashyizweho umukono na Perezida wa PSD, Hon Dr Vincent Biruta, bugira buti “Mu gihe twibuka   ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage P.S.D. ryifatanyije n’abanyarwanda bose kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Muri ibi bihe byo kwibuka, Ishyaka P.S.D ryunamiye kandi rihaye icyubahiro abishwe muri Jenocide yakorewe abatutsi bazira uko baremwe ,rifashe mu mugongo  abayirokotse  kandi rirashishikariza  Abanyarwanda , by’umwihariko Abayoboke baryo, kwitabira gahunda yo kwibuka no kuba hafi abarokotse Jenoside.”

Ishyaka P.S.D. rirahamagarira Abanyarwanda bose kwamagana ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ikwirakwiza ry’ingengabitekerezo ya Jenoside bikomeje kugaragara mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ahandi ku Isi amahanga arebera.

Ubutumwa bukomeza bugira buti “Ishyaka P.S.D. rirashishikariza Abanyarwanda bose gukomeza guharanira  Ubumwe n’ubudaheranwa nk’imbaraga zizatugeza ku mibereho myiza n’amajyambere twifuza.”

“Twibuke twiyubaka”.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Rwanda

Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Murenge wa Nyarugunga n’ahandi muri Kanombe, mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahanganye n’ikibazo...

Akarere

Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridateganya kuva ku...

Akarere

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yavuze ko igihugu kidateganya gukuraho ingamba z’ubwirinzi cyashyizeho, ahubwo ko zikomeza kuvugururwa bitewe n’imiterere y’ibibazo by’umutekano...

Football

Sugira N. Aimé Christian; Umunyeshuri mu itangazamakuru wimenyereza umwuga Irushanwa ry’igikombe cy’Isi ni rimwe mu marushanwa ahuruza imbaga y’abantu benshi kuva ryatangira gukinwa mu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities