RDB yatangaje ko abana b’ingagi 22 ari bo bateganyijwe guhabwa amazina mu muhango wa Kwita Izina uzabera i Kinigi mu Karere ka Musanze ku wa 4 Nzeri 2026.
Uyu muhango ngarukamwaka uzaba ku nshuro ya 21 kuva gahunda yo Kwita Izina yatangira mu Rwanda muri 2005. Uzakomereza ku bikorwa byo guteza imbere kubungabunga ingagi zo mu misozi n’ibidukikije muri rusange.
Kwita Izina ni gahunda u Rwanda rwashyizeho mu rwego rwo guha amazina abana b’ingagi bavukiye muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga. Ni umwe mu mihango ngarukamwaka yibanda ku kumenyekanisha akamaro ko kurengera ibinyabuzima, cyane cyane ingagi zo mu misozi.
Kuva iyi gahunda yatangira, abana b’ingagi 437 nibo bamaze guhabwa amazina. Iyi gahunda kandi imaze kuba urubuga ruhuriramo abafite uruhare mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije, barimo abayobozi, abashakashatsi, abashinzwe kurengera ibinyabuzima ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.
Abaturage batuye mu bice bikikije Pariki y’Igihugu y’Ibirunga na bo bafite uruhare mu bikorwa bigamije kurengera ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku kubungabunga ingagi.
Uyu mwaka, Kwita Izina izaba mu gihe gahunda imaze imyaka isaga 20 ikorwa, bikaba bigaragaza ko imaze kugira umwanya ukomeye mu bikorwa by’u Rwanda byo kurengera ibinyabuzima no guteza imbere ubukerarugendo.
Kugeza ubu, RDB ntiratangaza urutonde rw’abazitabira uyu muhango wa Kwita Izina 2026.


























































































































































































