Connect with us

Hi, what are you looking for?

Afurika

Uburundi Ntibushaka Guhezwa Mu Biganiro By’Amahoro Muri DRC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana avuga ko bikwiye ko igihugu cye gihabwa umwanya mu biganiro bikorwa ngo amahoro agaruke mu Burasirazuba bwa Congo- Kinshasa.

Yabwiye DW ko ibibazo Congo Kinshasa ihanganye nabyo bigira ingaruka zitaziguye k’Uburundi.

Umunyamakuru yamubajije ku bijyanye n’amasezerano aherutse gusinywa hagati y’u Rwanda na Congo, i Washington muri leta zunze Ubumwe za America (ntabwo Abakuru b’ibihugu barayasinya), amubaza kugira icyo ayavugaho

Minisitiri Bizimana ati “Ndizera ko n’abaturanyi bacu babivuga. Hari ibintu bitigeze biganirwaho kandi ntekereza ko Uburundi n’abandi bafatanyabikorwa, dushaka kuziba icyo cyuho.”

Asanga kugira ngo amasezerano asinywa muri aka Karere azagire icyo ageraho birambye, ari ngombwa ko n’Uburundi buyahabwamo ijambo.

Ibi arabivuga mu gihe igihugu cye giherutse kwitabira inama y’ibihugu by’Akarere, CIRGL/ICGLR, iherutse kubera i Kinshasa mu cyumweru gishize.

Minisitiri Edouard Bizimana yabwiye Deutsche Welle (DW) ku wa Gatanu tariki 14 Ugushyingo, 2025 ko kuba hari amasezerano yasinyiwe i Washington n’ibiganiro bibera i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo, bitabuza ibihugu by’Akarere nabyo kugira icyo bikora  ngo amahoro aboneke mu Karere no muri Congo.

Bizimana avuga ko Uburundi bumaze kwakira impunzi z’Abanye-Congo zigera mu 100,000 kandi zikiyongera.

Iki gihugu kandi gifite ingabo muri Congo, zagiyeyo ku busabe bwa Perezida Félix Tshisekedi kugira ngo zimufashe guhangana na AFC/M23.

Ahitwa Minembwe hamaze iminsi hari abaturage  bigaragambya bashinja ingabo za Gitega kubicisha inzara binyuze mu kubafungira amayira, ntibajye guhaha umunyu n’ibindi ingo zikenera ngo abazituye babeho neza.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange East African countries are accelerating efforts to harmonise higher education systems, with the region targeting a common higher education area...

Politiki

U Rwanda n’Ubwami bwa Oman byasinye amasezerano abiri n’inyandiko esheshatu z’ubwumvikane, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane mu bucuruzi,...

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange Rwanda and Oman have signed two agreements and six Memoranda of Understanding (MoUs) aimed at deepening bilateral cooperation in trade,...

Politiki

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman, bigamije gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi no kurebera...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities