Perezida Paul Kagame yatanze ubutumwa bwo gushimira Mia Amor Mottley wongeye kwemererwa n’abaturage be ngo abayobore mu yindi myaka ibiri.
Kuri X, Perezida Kagame yanditse ati: “Nshimiye cyane mushiki wanjye, Minisitiri w’Intebe. U Rwanda ruha agaciro ubucuti bukomeye buri hagati y’ibihugu byacu byombi, bushingiye ku mahame dusangiye arimo kwigenga mu gufata ibyemezo, kwihangana no kwiyubaka, ndetse no kwiyemeza guteza imbere imibereho myiza n’icyubahiro by’abaturage bacu.”
Kagame avuga ko ibihugu byombi bikwiye gukomeza ubwo bufatanye kandi yifuriza Mottley n’abaturage be gukomeza amajyambere barimo.
Warm congratulations to my sister, Prime Minister @miaamormottley, on her well-deserved re-election.
Rwanda values the strong friendship between our two countries, grounded in shared principles of self-determination, resilience, and commitment to delivering prosperity and…
— Paul Kagame (@PaulKagame) February 13, 2026
U Rwanda na Barbados bisanzwe bifitanye umubano mwiza wa dipolomasi, ushingiye ku bufatanye mu nzego zitandukanye ubucuruzi n’ishoramari, ikoranabuhanga n’ubukungu bushingiye ku bumenyi, ubufatanye mu muryango wa Commonwealth n’imikoranire mu bijyanye no guteza imbere ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Barbados, nk’igihugu kiri mu birya bya Caraïbes (Caribbean), kimaze imyaka cyubaka ubukungu bushingiye ku bukerarugendo, serivisi z’imari n’ubumenyi, mu gihe u Rwanda rwo rwubatse izina mu miyoborere myiza, kurwanya ruswa no guteza imbere ikoranabuhanga mu gutanga serivisi.
Ubutumwa bwa Perezida Kagame bushimangira ubushake bw’u Rwanda bwo gukomeza kwagura umubano warwo n’ibihugu byo mu turere dutandukanye tw’isi, hagamijwe kungurana ubunararibonye no guteza imbere inyungu rusange z’abaturage.













































































































































































