Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) cyatangaje ko gihagaritse by’agateganyo ikoreshwa ry’inzoga z’inganda zizwi nka Ethanol cyangwa Neutral Spirit mu nganda zose ziyikoresha, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage. Iri tangazo ryasohotse ku wa 31 Nyakanga 2026, rishingiye ku bubasha iki kigo gihabwa n’Itegeko No 003/2018 ryo ku wa 9 Gashyantare 2018.
Rwanda FDA yavuze ko iki cyemezo kigamije gukumira ingaruka zishobora guterwa n’ikoreshwa ry’iyi alcohol mu gihe hagikorwa isuzuma ryimbitse. Ni muri urwo rwego yasabye abakora ibicuruzwa, abayikoresha mu nganda, abayicuruza ndetse n’abaturage kubahiriza amabwiriza yashyizweho kugeza igihe hazatangarizwa andi mabwiriza mashya.
Mu ngamba zatangajwe, Rwanda FDA yategetse ko impushya zose zo gukoresha Ethanol cyangwa Neutral Spirit zatanzwe mbere zihagaritswe kandi zitagifite agaciro guhera ubu. Yanahagaritse kandi kwakira ubusabe bushya bwo kuyikoresha kugeza igihe iperereza n’isuzuma bizaba birangiye.
Rwanda FDA yasabye inzego zose bireba gukorana na yo mu ishyirwa mu bikorwa ry’iki cyemezo, ishimangira ko kigamije mbere na mbere kurinda ubuzima bw’abaturage. Iki kigo cyavuze ko kizakomeza gutanga amakuru ku byemezo bizafatwa nyuma y’isuzuma rikomeje gukorwa, gisaba buri wese kubahiriza amabwiriza yashyizweho.






















































































































































































