Ku cyumweru tariki ya 3 Nzeri 2023, Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) yarakomeje. Umukino w’umunsi wari uwahuje Arsenal yakiriye Manchester United, kuri Emirates Stadium, ikayiha impamba y’ibitego 3-1.
Igice cya mbere cyatangiye ikipe ya Arsenal iri hasi cyane ikina isubiza umupira muri ba myugariro bayo, mu gihe Manchester united yakinaga ishaka gutsinda mu minota ya mbere. Ntabwo byaje kuyikundira kuko ba myugariro ba Arsenal bari bahagaze neza. Ntibyatinze ku munota wa 27 w’umukino, ikipe ya Manchester United yatsinze igitego cyayo cya mbere, cyatsinzwe na Rashford wambara nimero icumi.
Nyuma y’umunota umwe gusa, ku munota wa 28, ikipe ya Arsenal yahise yishyura, igitego cyayo cya mbere cyatsinzwe na Martinelll Odegaard. Igice cya mbere cyarangiye amakipe anganya igitego kimwe kuri kimwe.
Igice cya kabiri cyatangiye nta mpinduka nyinshi zabaye ku mpande zombi. Byaje kugera ku munota wa 90 amakipe yombi akinganya igitego 1-1. Mu umunani y’inyongera y’umukino Arsenal yaje kuyibyazamo umusaruro kuko yatsinzemo ibitego bibiri. Igitego cya kabiri cyatsinzwe na Rice ku munota wa 97, icya gatatu gitsindwa na Jesus ku munota wa 101.
Umukino warangiye ikipe ya Arsenal itsinze Manchester united ibitego 3-1. Arsenal ntiratakaza umukino n’umwe kuko yatsinze imikino itatu inganya umukino umwe, ikaba ifite amanota icumi.




Iryoyavuze Sarah
