Ikipe ya Al-Nassr yo muri Arabia Saoudite yemeje Christiano Ronaldo nk’umukinnyi wayo mu gihe kingana n’imyaka ibiri, aho nibura azahahemberwa miliyoni 400 z’Amayero kuko ku mwaka azajya ahembwa miliyoni 200 z’Amayero.
Christiano Ronaldo waherukaga gutandukana n’ikipe ya Manchester United mu kwezi kwa 11/2022 biturutse ku kiganiro yari yagiranye n’umunyamakuru wa Sky Sports anenga imikorere y’umutoza ndetse nabo bafatanyije, avuga ko yatangiye ibiganiro n’iyi kipe yo mu mujyi wa Riyadh muri Arabia Saoudite akimara gusezererwa mu mikino y’igikombe cy’Isi.
Aka kayabo kazajya gahabwa uyu mu nya Portugali, bizamushyira ku mwanya wa mbere ku Isi mu bakinnyi bahemwa agatubutse kurenza abandi. Aciye kuri Kylian Mbappe uhembwa miliyoni 128 z’Amayero.
Ikinyamakuru Marca kivuga ko iyi kipe hari abandi bakinnyi bakomeye bashobora kuyerekezamo mu mpeshyi z’uyu mwaka. Abo barimo Luca Modric wa Real Madrid, Sergio Ramos wa PSG ndetse na Ngolo Kante wa Chelsea.
Didier Amen Byiringiro
