Mu ijoro ryo kuwa 14 rishyira tariki 15 Gicurasi 2026, mu karere ka Huye, Umurenge wa Tumba, akagari ka Gitwa, umudugudu wa Nyarurembo, abana batatu bari mu nzu bonyine inkongi iyadukamo abaturage batabara ariko umwe aza kugwa kwa muganga.
Ibibazo by’intsinga zishaje cyangwa zigize ibindi bibazo nibyo bikekwaho kuba nyirabayazana w’ako kaga abo bana bahuye nako nta muntu mukuru bari kumwe.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye UMUSEKE ko impanuka itatewe n’abagizi ba bani ahubwo ko intsinga z’amashanyarazi ari zo ahanini zikekwa.
Ibi ngo byavuye mu iperereza ry’ibanze bakoze.
CIP Hassan Kamanzi avuga ko bariya bana bari mu nzu bonyine, bari mu kigero cy’imyaka 10 n’imyaka itatu.
Ati: “Amakuru twayamenye ku bufatanye n’abaturage. Polisi ishami rishinzwe kuzimya inkongi ryihutira kujyayo risanga abana bari bafungiranywe mu nzu n’umubyeyi wabo, bamena urugi abana babakuramo bajyanwa ku bitaro bya Kabutare. Amakuru yageze kuri Polisi ni uko umwe muri abo bana yitabye Imana.”
Uretse kwihanganisha ababyeyi, abavandimwe n’incuti z’umuryango, Polisi isaba ababyeyi kudasiga abana ukwabo badafite umuntu mukuru ubaba hafi.
Yanashimiye abaturage gukomeza umuco wo gutangira amakuru ku gihe kandi vuba.

















































































































































































