Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ingengo y’imari idahagije igenerwa abana intandaro y’ibibazo byabo bidakemuka

Uwera Zamida uhagararaiye abana mu karere ka Nyarugenge (Ifoto/Panorama)

Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga amafaranga agenerwa abana ashyirwa mu ngengo y’imari ya Leta akiri make cyane, akaba ariyo ntandaro y’ibibazo by’abo byabaye ndanze.

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa kane tariki ya 31 Gicurasi 2018, aho impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO) ku bufatanye  n’Umuryango mpuzamahanga wita ku bana (Save the Children) ndetse n’indi miryango iharanira uburenganzira bw’abana, bagaragje ko amafaranga agenerwa abana ashyirwa mu ngengo y’imari ya Leta akiri make, ku buryo atasubiza ibibazo byabo ku buryo burambye. Ibi bigatuma hakigaragara ibibazo byugarije abana hirya no hino mu Gihugu.

Nk’uko byagarutsweho n’Ushinzwe gahunda zo guteza imbere uburenganzira bw’umwana no kurwanya ihohoterwa rimukorerwa muri CLADHO, Evariste Murwanashyaka, avuga ko kutagira amafaranga menshi agenerwa ibibazo by’abana bibagiraho ingaruka mbi, ari na yo ntandaro yo kudakemuka kw’ibibazo by’abo.

Yagize ati “Kutagira ingengo y’imari ihagije igenerwa abana bibagiraho ingaruka mbi. Ni yo mpamvu tukibona abana ku mihanda, hari abana baterwa inda, noneho ubufasha bagenerwa bukaba buke, hari abana bata amashuri n’ibindi. Ni ngombwa rero ko ingengo y’imari izamuka kugira ngo bikemuke”.

Uwera Zamida uhagarariye abandi bana mu karere ka Nyarugenge avuga ko nk’abana bashima uburyo Leta ibatekereza ho ariko asanga hari ibitarakorwa ngo abana bagire ubuzima bwiza ndetse bazabashe guteza imbere igihugu mu gihe kizaza dore ko ari bo Rwanda rw’ejo.

Yagize ati “Twe nk’abana turashima uburyo ibibazo byacu bikurikinwa ariko turifuza ko ingengo y’imari yakongerwa kugira ngo birusheho gukemuka. Ntitwifuza kubona bagenzi bacu bari ku mihanda abandi bakoreshwa imirimo ivunanye”.

Uwera yanongeye ho ati “Batubwira ko ari twe Rwanda rw’Ejo, none se nitudahabwa ubuzima bwiza ko ababyeyi n’abayobozi bacu barimo gusaza ubwo bazadusigira igihugu kimeze gute?”

Impuzamiryango CLADHO igaragaza ko usibye ko aya mafaranga agenerwa abana akiri make agenda anagabanuka dore ko mu ngengo y’imari ya 2017-2018 ibikorwa bireba abana byari bigenewe 15.1% by’ingengo y’imari y’igihugu, ariko ubu mu 2018-2019 ikaba ari 14.68% , ibi bikaba bituma ibibazo by’abana bikomeza kuba ingutu.

Raoul Nshungu

Murwanashyaka Evariste, Ushinzwe gahunda zo guteza imbere uburenganzira bw’umwana no kurwanya ihohoterwa rimukorerwa muri CLADHO (Ifoto/Panorama)

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities