Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kigali: Abantu basaga 80 bafashwe batwaye imodoka basinze

CP Rafiki Mujiji, Umuyobozi wa Polisi ishami ry'Umutekano mu muhanda, atangaza ko ibikorwa byo gufata abatwara imodoka basinze bigiye gukomereza mu ntara (Photo/Courtesy)

Mu mpera z’icyumweru gishize, kuva kw’itariki ya 29 kugeza mw’ijoro ryo ku wa 31 Kanama 2019,  abantu barenga 80 bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya abantu batwara basinze, aba bose bakaba barafatiwe mu mujyi wa Kigali.

Umuyobozi  w’ishami rya Polisi y’u Rwanda  rishinzwe umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police(CP)  Rafiki Mujiji,  atangaza ko amategeko   avuga ko nta muntu ugomba  gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo cya alukolo iri hejuru ya  0,8.

Agira ati “abanyarwanda barabikanguriwe bihagije, ariko bimaze  kugaragara ko bamwe banze kubahiriza  iryo tegeko;  ariyo mpamvu Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa ibikubiye muri iryo  tegeko.”

CP Mujiji akomeza avuga ko ibi bikorwa bitarangirira mu mujyi wa Kigali gusa ko ahubwo bizakomereza no mu zindi ntara z’igihugu.

CP Mujiji aboneraho kongera gukangurira abashoferi kwirinda gutwara ibinyabiziga basinze kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo ndetse n’igihugu muri rusange. Yanasabye kandi abanyarwanda bose iki kibazo kukigira icyabo bakajya bihutira gutanga amakuru igihe hari umushoferi babona yasinze ariko akajya gutwara ikinyabiziga.

Ati “Izi mpanuka zituruka ku businzi zirimo guhitana ubuzima bw’abantu ndetse n’ibikorwaremezo, niyo mpamvu duhora dukangurira abantu kwirinda gutwara banyoye. Niba wanyoye shaka umuntu ugutwara, abaturage nabo turabasaba kujya bihutira kuduha amakuru kugira ngo turwanye izi mpanuka.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera atangaza ko icyumweru gishize cyose hafashwe abashoferi batwaye imodoka basinze bagera ku 120.

Abafatiwe mu cyaha cyo gutwara ikinyabiziga basinze, ikinyabiziga kirafatwa ugitwaye agacibwa amande angana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 yamara kuyatanga ikinyabiziga kikarekurwa. Ni mu gihe ariko uwari ugitwaye akomeza gucumbikirwa ku biro bya sitasiyo za Polisi mu gihe haba hagikurikiranwa dosiye ye.

Ubwanditsi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities