Andry Rajoelina wigeze kuba Perezida wa Madagascar (Madagasikari) kuva mu 2009 kugeza mu 2014, yongeye kugaruka ku butegetsi nyuma yo gutsinda igice cya kabiri cy’amatora y’umukuru w’igihugu, nk’uko Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora yabitangajwe ku wa kane tariki ya 27 Ukuboza 2018 bibigaragaza.
Nk’uko tubikesha Al Jazeera, Hery Rakotomanana, Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko Andry Rajoerina yatsinze Marc Ravalomanana, na we wabaye Perezida wa Madagascar kuva mu 2002 kugeza mu 2009, bari bahanganye muri iki kiciro cya kabiri mu matora yatangiye ku wa 19 Ukuboza 2018.
Imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora yagiye ahagaragara ikaba yerekana ko Andry Rajoelina yatsinze ku majwi 55 ku ijana y’abaturage bitabiriye amatora, na ho Ravalomanana bari bahanganye yabonye amajwi asaga gato 44 ku ijana.
Marc Ravalomanana yahise yamagana iyi mibare atangaza ko amatora yabayemo ubujura burenze urugero.
Al Jazeera ivuga ko biteganyijwe ko ibyavuye mu matora ntakuka bizatangazwa mu minsi ine nubwo byitezwe ko Ravalomanana ashobora kujurira asaba gusubiramo amatora.
Panorama
