Mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gicurasi 2026 (kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 28 na 105, ikaba iri ku kigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice.
Ibi ni ibyemezwa na Meteo Rwanda.
Iki kigo kivuga ko imvura nyinshi iteganyijwe cyane cyane hagati y’italiki cumi n’imwe (11) na cumi n’eshatu (13).
Ibice byinshi by’Uturere twa Musanze na Rubavu, Amajyaruguru y’Uturere twa Burera, Rutsiro na Nyabihu n’ibice byo hagati n’Amajyepfo by’Uturere twa Nyamasheke na Rusizi niho hateganyijwe imvura nyinshi ugereranyije n’ahandi.
Imvura iteganyijwe izaturuka ku isangano ry’imiyaga iva mu gice cy’Amajyepfo y’Isi rizamuka rigana mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 19 na 29, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 10 na 19.
Umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi, ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na 12 ku isegonda, uteganyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Meteo Rwanda isaba abantu gukomeza ingamba zo kwirinda ibiza by’ubwoko bwose.
Iki kigo kandi giherutse gutangaza ko Mata, 2026 yagize imvura nke ugereranyije n’uko byagenze umwaka wabanje, ibi bikaba ikimenyetso cy’uko impeshyi yazatangira hakiri kare, ikazashyuha cyane.

















































































































































































