Umyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Ndabereye Augustin, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Kanama 2019, yatawe muri yombi akurikiranweho gukubita no gukomeretsa uwo bashakanye.
Nk’uko tubikesha Ikinyamakuru Kigali Today, aya makuru yasakaye atanzwe n’umwe mu baturanyi b’uyu muryango, ko Ndabereye yakubise umugore we akamukomeretsa bikomeye aho yamukuruye imisatsi arakomereka mu buryo bukomeye.
Umugore yahise yihutishwa mu bitaro bya Ruhengeri, mu gihe umugabo we yahise atabwa muri yombi na RIB.
Mbabazi Modeste umuvugizi wa RIB yatangarije Kigali Today ko uwo muyobozi ubu ari gukurikiranwa na RIB, ariko agikusanya amakuru afatika ku byo Visi Meya Ndabereye akekwaho.
Ubwanditsi
