Amb.Olivier Patrick Nduhungirehe ushinzwe ububanyi n’amahanga bw’u Rwanda niwe uyoboye intumwa z’u Rwanda zitabiriye inama ihuza Afurika n’u Bufaransa iri bubere i Nairobe guhera kuri uyu wa Mbere yiswe Africa Forward Summit
Ni inama kandi yitabiriwe n’Abakuru b’ibihugu byinshi barimo na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron wageze muri iki gihugu avuye mu Misiri.
Abakuru b’ibihugu bageze i Nairobi barimo Joseph Nyuma Boakai Sr wa Liberia, Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire, Julius Maada Bio wa Sierra Leone, Emmanuel Macron w’u Bufaransa, Duma Gideon Boko wa Botswana n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Abitabiriye iyi nama baraganira uko Afurika yazakorana n’u Bufaransa mu myaka iri imbere mu bufatanye burashingiye ku bwuzuzanye aho kuba ku murage w’ubukoloni.
Iyi nama iritabirwa n’abantu 4000, bazaganira n’abayobozi bo mu Bufaransa barimo na ba rwiyemezamirimo k’ubufatanye bwabwo na Afurika mu guteza imbere ubucuruzi, ishoramari, guhanga udushya mu ikoranabuhanga n’iterambere rirambye Afurika izafatanyamo na Paris.
Mbere y’uko Nduhungirehe yitabira iyi nama, yaganiriye na mugenzi we ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Malawi witwa Dr. George Chaponda, batinda ku nzego z’ubutwererane mu bukungu, ubufatanye mu by’umutekano n’ibindi.

















































































































































































