Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Nyabihu: Hamenwe litiro zisaga 6000 z’inzoga zitemewe

(Ifoto yo mu bubiko)

Ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage mu kurwanya ibiyobyabwenge bukomeje gutanga umusaruro aho ku wa 28 Ukuboza 2018, mu karere  ka Nyabihu  mu murenge wa Jenda  mu kagari ka Rega hafatiwe litiro 6200  z’inzoga zitemewe zizwi nka muriture.

Nk’uko tubikesha ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda, Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira  umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba   yashimiye abaturage uruhare bagize mu ifatwa ry’aba bakora bakanacuruza inzoga z’inkorano.

Yagize ati “Abaturage batanze amakuru ko Ndayishimiye na Hagenimana bacuruza inzoga ariko bakaba bakeka ko  zitujuje ubuziranenge.”

CIP Gasasira akomeza avuga ko  Nyuma yo guhabwa aya makuru Polisi yahise itegura ibikorwa byo gufata abakora izi nzoga zitujuje ubuziranenge.

Yagize ati “Twasanze abazikora bakoresha ibintu birimo isukari, ifarini, ndetse  n’ifumbire mvaruganda byose bikaba bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abantu.’’

CIP Gasasira yibukije abaturage ko ibiyobyabenge n’inzoga z’inkorano ari intandaro y’ibikorwa bihungabanya umutekano birimo gukubita no gukomeretsa, amakimbirane yo mu muryango ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa bityo kubirwanya bikaba bikwiye kuba inshingano za buri wese binyuze mu gutanga amakuru ku nzego  z’umutekano.

CIP Gasasira asoza avuga ko ingamba zo kurwanya ibiyobyabwenge za kajijwe  kubufatanye n’abaturage ubicuruza wese azafatwa.

Yagize ati “Uretse kuba bihungabanya umutekano bikanagira ingaruka kubuzima bw’ubikoresha bidindiza ubukungu bw’igihugu mu gihe bifashwe bikamenwa amafaranga yashowe ntagaruka, birakwiye ko abantu bareka kwijandika mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge.”

Amabwiriza y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubuziranenge (RSB) ateganya ko ubuyobozi bw’umurenge buca  amande  y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50,000Frw) kugera ku bihumbi Magana atanu (500,000Frw), ufashwe akora cyangwa acuruza inzoga zitemewe ubundi zikamenerwa mu ruhame.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities