Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubucuruzi

Nyagatare: Isoko ryuzuye Kagitumba ryatwaye  asaga Miliyari 4 z’amafaranga y’u Rwanda

Mu Karere ka Nyagatare hafi y’umupaka wa Kagitumba uhuza u Rwanda na Uganda, huzuye isoko rya kijyambere, ryitezweho gufasha abaturage b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda kunoza ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Nk’uko RBA dukesha iyi nkuru yabitangaje, abaturiye Umupaka wa Kagitumba bavuga ko biteguye kubyaza umusaruro iri soko, rizatwaha ku mugaragaro bitarenze uku kwezi k’Ugushyingo 2023. 

Mu ntera nto cyane uvuye ku mupaka wa Kagitumba, ni ho iri soko riherereye mu Mudugudu wa Munini, Akagari ka Kagitumba, Umurenge wa Matimba.

Hari hashize imyaka ibiri ryubakwa, abatuye i Kagitumba by’umwihariko bari baritegerezanyije amatsiko menshi.

Iri soko ryiswe Kagitumba Cross Border Market rifite ibyumba 60 by’ubucuruzi n’aho abarenga 200 bashobora gucururiza ku bisima, rikagira ahafatirwa amafunguro n’ibinyobwa, ibyumba by’ububiko harimo n’ibyuma bikonjesha, ahakorera ibigo by’imari ndetse n’ahagenewe ibagiro.

Kugeza ubu abarenga 400 barimo na bamwe mu baturage b’igihugu cya Uganda bamaze gutanga ubusabe bwo gukorera muri iri soko, gusa ariko barifuza ko ibiciro ku bazemererwa kurikoreramo bitababera umutwaro.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare butangaza ko iri soko rizatahwa ku mugaragaro bitarenze uku kwezi.

Umuyobozi w’aka Karere, Gasana Stephen avuga ko abifuza kurikoreramo nta mpungenge z’ibiciro bakwiye kugira. 

Kagitumba Cross Border Market, isoko rigeretse kabiri mu buryo bw’igorofa, ryuzuye ritwaye Miliyari enye na Miliyoni zisaga 137 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ryitezweho kandi gufasha abaturage gufata neza umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, kuko ubundi ngo wangirikaga utaragera ku isoko kubera kutagira aho ubikwa hizewe kandi hujuje ubuzirenenge.

Panorama  

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.