Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Tanzania bivuga ko Perezida Samia yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda kwitabira Inama yiga ibijyanye n’ingufu.
Muri iki gitondo nibwo iyo nama iri butangirire muri Kigali Convention Center, itangizwe na Perezida Paul Kagame.
Inama yitabiriye ni iy’Abakuru b’Ibihugu yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za Nikeriyeri ku mugabane wa Africa.
Ni inama irimo impuguke, abashoramari n’imiryango itandukanye ku isi iri bwige uburyo ingufu za Nikeriyeri zakoreshwa muri Africa mu rwego rwo gukemura ibibazo bitandukanye, haba amashanyarazi, cyangwa mu buvuzi n’ibindi Nikeriyeri ikoreshwamo mu buryo bwa gisivile.
Harasuzumwa kandi uburyo umugabane wa Africa warushaho kwihaza ku mashanyarazi, uburyo bwo kubungabunga ikirere n’ibidukikije, guteza imbere inganda, guteza imbere ibishya mu ikoranabuhanga rijyanye n’ingufu za Nikereyeri no kureshya abashoramari bashobora gushyira amafaranga yabo muri uru rwego.

















































































































































































