Baganira n’Itangazamakuru mu Murenge wa Nyakarenzo wo mu Karere ka Rusizi ku wa 28 Ukwakira 2020, hari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi basabye ko Ubuyobozi bukwiye kujya bushakisha amakuru ku bababakoreye ibyaha bakayamenyeshwa mbere y’imanza.
Bavuga kandi ko bibaye byiza baburanishirizwa mu Rwanda, mu rwego rwo kuburira abakinangiye ngo borohereze ubutabera. Ni mu kiganiro cyabahuje, mu bufatanye kandi n’Umuryango RCN Justice et Democratie.
Hategekimana Jean Bosco, wari mu bitabiriye iki kiganiro yibukije kujya bahabwa amakuru y’abakurikiranwaho gukora Jenoside mbere y’imanza; nk’uko bafashijwe mu rwa Rucyeratabaro Theodore.
Yagize ati “Ubuyobozi bukwiye kujya bwibanda cyane ku kumenya aho abakurikiranweho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 baherereye, kugira ngo amakuru yose ajye atohozwa mbere y’uko bagezwa mu manza. Bijye bibanza bimenyeshwe agace yari aherereyemo, kugira ngo hagaragazwe ubugome yayikoranye ndetse n’ubukana yayigizemo.”
Akomeza avuga ko ibi byafasha mu gukangurira ababa barafatanyije n’uwo ukurikiranwe, kuko ngo bikigaragara ko hari abakinangiye banze kuvugisha ukuri ku byabaye banagizemo uruhare. Bityo bashobora kuba baboneraho intangiriro yo kubohora imitima yabo niy’abo bahemukiye muri uko kubabwira ukuri, bakegerana bahana imbabazi zigamije ubwiyunge.
Mukangango Annonciata, uhagarariye AVEGA ku rwego rw’Umurenge wa Nyakarenzo, we asaba ko abakurikiranwa bajya bazanwa mu Rwanda. Agira ati “Birakwiye ko abandi bajya bazanwa aho bakoreye ibyaha, abahemukiwe nabo bakababona, ibyo byoroshya imigendekere y’urubanza hakabaho no kunyurwa ku mpande zombie.”
Perezida w’Ihuriro ry’Imiryango irengera inyungu z’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi –IBUKA, mu Karere ka Rusizi, Ndagijimana Laurent, avuga ko abarokotse Jenoside bagerageza gukurikirana imanza.
Ati “Ubutabera butamenyeshejwe nyirabwo buba bumeze nk’ubutabayeho, ubutinze na none bugera aho bukagabanya agaciro bwari bufite! N’ubwo icyaha cya Jenoside kidasaza abantu bo barasaza, navuga ko Abarokotse Jenoside bagerageje gukurikirana izi manza ziburanishwa hanze, gusa byari bigoye ko abacamanza baburanisha izo manza neza mu gihe ‘enquetes’ zaba zarakozwe nabi nyamara haba hari abanyarwanda banabonekamo abatangabuhamya.”
Guhamwa n’ibyaha, gukatirwa n’urukiko ni intsinzi y’ubutabera
Kimenyi Alexis uhagarariye umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu KANYARWANDA, muri iki kiganiro, yasobanuriye abakitabiriye icyo ubutabera ari cyo. Ati “Imanza zaraciwe ni byo n’ubwo hatabura inenge. Gusa gukurikirana umunyacyaha agafatwa, kumuhamya ibyaha no gukatirwa n’urukiko igifungo; ubwabyo ni intsinzi y’ubutabera.”
RCN Justice et Democratie ni Umuryango utari uwa Leta ukorera mu Rwanda ukomoka mu Bubiligi, washinzwe mu mwaka wa 1995. Mu mushinga wayo w’Ubutabera no kubika amakuru (Justice et Memoire) ifatanya n’indi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu nka HAGURUKA, Association Modeste et Innocent, hagamijwe gutanga umusanzu mu butabera no kumenyesha abanyarwanda uko imanza z’abakekwaho jenoside bari hanze zigenda.
I Rusizi ni mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, hakaba mu hantu hakomoka abakurikiranweho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bafatiwe mu mahanga barimo Rukeratabaro Theodore, ari na bo iyi miryango ifasha mu gukurikirana no kumenyekanisha amakuru y’imanza zabo.
Umubyeyi Nadine Evelyne
