Igisirikare cya Tchad cyatangaje ko igitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, cyahitanye abasirikare 24 b’icyo gihugu, abandi 26 barakomereka bikomeye.
Mu itangazo zasohoye, ingabo za Tchad zavuze ko abarwanyi ba Boko Haram ari bo bateye ibirindiro biri mu kirwa cya Barka Tolorom, bica abasirikare 24 abandi 26 barakomereka, gusa ngo iki gisirikare nabo cyabivunnye kuko kishemo benshi n’ubwo kidatangaza umubare wabo.
Perezida Tchad Mahamat Idriss Déby yihanganishije abo mu miryango y’abo basirikare, avuga ko abahitanywe n’icyo gitero ari intwari z’igihugu.
Si Tchad yugarijwe n’ibitero gusa kuko hashize iminsi na Mali yibasiwe n’abarwanyi bagize ikirwa Jinm cyahagabye ibitero bikomatanyije bihitana na Minisitiri w’ingabo witwaga Gen Sadio Camara.

Tchad ni igihugu kinini gituranye na Sudani imaze iminsi irimo intambara ikomeye.
Boko Haram yo imaze igihe kirekire igaba ibitero kuri Nigeria igatwara bunyago abantu benshi biganjemo n’abagore n’abakobwa.
Si ubwa mbere kandi uyu mutwe ugabye igitero muri Tchad kuko no mu mwaka wa 2000 yakigabye kigwamo abasirikare 100.

















































































































































































