Ku cyumweru tariki ya 7 Ugushingo 2021, habayeho gusimburana kw’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo.
Itsinda ry’abapolisi 143 bayobowe na SSP Gaston Nsanzimana nibo bagarutse bavuye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, aho bari bamaze umwaka.
Bakigera ku kibuga cy’indege i Kanombe bakurikije ingamba zose zashyizweho zo kwirinda Koronavirusi.
Ababasimbuye bagize irindi tsinda ry’abapolisi bahagurutse i Kigali mu gitondo cyo ku cyumweru, bo bayobowe na SSP Marie Grace Uwimana berekeza muri Sudani y’Epfo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu.
CP George Rumanzi wari uhagarariye ubuyobozi bwa Polisi mu kwakira aba bapolisi, yabashimiye ubunyamwuga bagaragaje mu kuzuza inshingano zabo baba abambasaderi beza b’igihugu.
CP Rumanzi yagize ati “Dutewe ishema no kuba mutahukanye imidari y’ishimwe. Ni ikimenyetso cyerekana ko mwitwaye neza, mugasohoza inshingano mwatumwe n’Igihugu ndetse n’iz’umuryango w’abibumbye.”
SSP Gaston Nsanzimana, mu izina ry’umuyobozi w’itsinda ryari risohoje ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, yishimiye inama n’ubufasha bahawe n’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda kuko aribyo byabafashije kunoza inshingano zo kubungabunga amahoro.
Ati “Gukurikiza impanuro twahawe mu gihe cyo kugenda ndetse n’inama twagiriwe turiyo nibyo byadufashije kunoza inshingano zo kubungabunga amahoro no kwita ku bagizweho ingaruka n’intambara hagamijwe kubagarurira icyizere cy’ubuzima.”
SSP Nsanzimana yavuze ko usibye ibikorwa byo kubungabunga amahoro bakoze, banagize n’uruhare mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage ndetse no kubasobanurira uruhare rw’umuturage mu mutekano urambye.
Buri mwaka, u Rwanda rwohereza amatsinda y’abapolisi abiri (2) mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo.
Isinda rya mbere ni irigizwe n’abapolisi 160 biganjemo ab’igitsina gore, rikorera ubutumwa mu murwa mukuru Juba. Irindi tsinda rigizwe n’abapolisi 240 rikorera ubutumwa ahitwa Malakal mu Ntara ya Upper Nile.
Ubwanditsi






















































































































































































