Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubuzima

COVID-19: Hari ingaruka ziba ku mwana iyo umubyeyi atakingiwe

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko umwana ukiri mu nda, ashobora kugira ikibazo, iyo umubyeyi yanduye COVID-19 atarakingiwe. Kuko iki cyorezo kibasira nyababyeyi, umwana aba aherereyemo, bikamugiraho ingaruka.

Ubu bushakashatsi bwerekana ko ‘Corona virus’ yangiza cyane nyababyeyi, igice gifite akamaro ku buzima bw’urusoro; iyo yangiritse, habaho kubura umwuka, umwana agapfira mu nda.

Dr. David Schwartz, impuguke mu ndwara zibasira abagore batwite, akaba ari na we wayoboye ubu bushakashatsi, yatangaje ko ari ubwa mbere hagaragaye indwara yangiza nyababyeyi, ku kigero cyo hejuru.

Agira ati “Kubera kubura umwuka, abana bapfira mu nda. Bitandukanye n’ibyo dusanzwe tubona mu zindi ndwara, nka Zika, Rubella cyangwa mburugu.”

Yavuze ko indwara nk’izo, zisanzwe zibasira umwana ariko ‘Corona virus’ yo yibasira nyababyeyi ikayangiza.

Iyo umugore utwite yanduye ‘Corona virus’, nyababyeyi yangirika ku kigero cya 80%, nk’uko ubwo bushakashatsi bubigaragaza, ndetse ngo hari n’igihe yangirika 90%. Akaba ari yo mpamvu hataboneka umwuka, cyangwa ngo ikore akazi kayo neza; ibi abashakashatsi babyise “SARS-CoV-2 placentitis.”

Dr. Shwartz avuga ko ‘SARS-CoV-2 placentitis’ iba hagati y’iminsi n’ibyumweru, ni yo mpamvu umugore utwite wanduye ‘Corona virus’, agomba gusuzumwa no mu mezi ya nyuma yo gutwita.

Dr. Schwartz n’itsinda rye ry’ubushakashatsi, basuzumye abana 68 bapfuye mbere yo kuvuka, n’abapfuye bamaze iminsi 7 bavutse. Hagaragara ko ababyeyi babo banduye COVID-19, kandi batari bakingiwe. Hakozwe kandi ubushakashatsi, bwakozwe habayeho gusuzuma imibiri 30 na nyababyeyi 68.

Hagaragajwe ko imibare y’abana bavuka bapfuye, kubera ko umubyeyi yanduye COVID-19 atwite, ikiri hasi ariko ko iri kugenda izamuka.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cyo muri Israel ‘JAMA pediatrics’, bumaze kwerekana ko urukingo rwa COVID-19, rutagira ingaruka ku buzima bw’umwana n’umubyeyi.

Ubu bushakashatsi bwombi, bufatanyije kugaragaza ko uburyo bwiza bwo kwirinda, ari ugufata urukingo rwa COVID-19. Abaganga bavuze ko uburyo bwiza bwo kwirinda ukanarinda umwana utwite ari ugufata urukingo rwa Covid-19.

Ikigo gishinzwe kurwanya Indwara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gikomeje gukangurira abagore batwite kwikingiza, kuko byagaragaye ko 70% y’abagore batwite, bapfa iyo banduye COVID-19.

UMUBYEYI Nadine Evelyne

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities