Nyuma y’umwaka urenga umutwe wa AFC M23 ugenzura agace ka Katondi kandi nta n’imirwano iharagaragara, ku wa 1 Mata 2026, uyu mutwe wavuye muri aka gace kari muri teritwari ya Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Katondi ifatwa nk’agace k’ingenzi ku rwego rwa gisirikare, kuko kari hafi ya Lubero-Centre ku ntera ya kilometero zigera kuri 18, ndetse kakaba kari hafi y’ahagenzurwa n’ingabo za UPDF.
Amakuru ava mu baturage ndetse no mu nzego z’umutekano agaragaza ko izi nyeshyamba zavuye muri ako gace mu ituze, nta mirwano ibaye, zijyana ibikoresho byazo byose bya gisirikare.
Nubwo bamwe babifashe nk’aho ari ugusubira inyuma, AFC/M23 ntiyatinze kugaragaza imbaraga zayo kuko yahise yigarurira uduce twa Kalonge na Lubango, duherereye nko ku ntera ya kilometero 30 uvuye muri santere ya Lubero. Ibi byabaye nyuma y’imirwano yahuje uyu mutwe n’umutwe wa Wazalendo.
Hagati aho, abarwanyi ba Wazalendo nabo bagaragaye mu duce twinshi twari twaravuyemo AFC/M23 mu minsi ishize, harimo Kipese, Kamandi Gite, Kikuvo, Lunyasenge na Kirikiri, bigaragaza ko imirwano ikomeje guhindura isura y’igenzura ry’uduce dutandukanye muri aka karere.
Ibi bitero n’imyivumbagatanyo bikomeje kongera impungenge ku mutekano w’abaturage bo muri Lubero no mu bice bihana imbibi, mu gihe ibikorwa bya gisirikare bikomeje hagati y’impande zihanganye.

M23 ikomeje kwagura imbibi z’ibice yigaruriye













































































































































































