Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) birimo kuganira ku mushinga mushya ushobora gutuma hashyirwaho ibigo byo hanze y’umugabane w’u Burayi byakwakirirwamo abimukira bananiwe kubona uburenganzira bwo kuhaguma. Mu bihugu biri ku rutonde rw’ibitekerezwaho harimo u Rwanda na Uzbekistan.
Amakuru yatangajwe na POLITICO agaragaza ko bamwe mu badipolomate b’i Burayi bemeje ko hari ibiganiro biri gukorwa ku buryo abantu baba barangije inzira zose zo gusaba ubuhungiro ariko ntibemererwe kuguma i Burayi, bajya babanza koherezwa muri ibyo bigo mbere yo gusubizwa mu bihugu bakomokamo.
Iyi gahunda yiswe “return hubs” igamije gufasha EU kugabanya umubare w’abimukira baguma ku butaka bwayo nyuma yo kwangirwa ubuhungiro. Abashyigikiye uyu mushinga bavuga ko ushobora koroshya uburyo bwo gukurikirana no gusubiza mu bihugu byabo abantu batemerewe gukomeza kuba ku mugabane w’u Burayi.
Mu biganiro biri kuba, u Rwanda rugarukwaho nk’igihugu gifite ubushobozi bwo kwakira bimwe muri ibyo bigo biteganyijwe. Ibi bije mu gihe u Rwanda rusanzwe rufitanye umubano ukomeye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi binyuze mu mishinga itandukanye y’iterambere n’ishoramari.
POLITICO ivuga ko EU yakomeje gushora imari mu Rwanda, aho muri gahunda ya Global Gateway yatangaje ishoramari rya miliyoni 900 z’amayero mu 2023. Nubwo ayo mafaranga atari ajyanye n’umushinga wo kwakira abimukira, agaragaza ubufatanye buri hagati y’impande zombi.
Ibihugu birimo Denmark, Autriche, u Bugereki, u Budage n’u Buholandi ni bimwe mu biri gushyigikira iki gitekerezo, bikaba byifuza ko amasezerano ya mbere yagerwaho muri uyu mwaka wa 2026 kugira ngo ibyo bigo bitangire gukora mu mwaka wa 2027.
Nubwo bimeze bityo, hari impaka zikomeje kuvuka kuri uyu mushinga. Abaharanira uburenganzira bwa muntu n’imiryango mpuzamahanga bagaragaza impungenge z’uko bamwe mu bimukira bashobora koherezwa ahantu hashobora kutabaha umutekano cyangwa uburenganzira busesuye.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) i Bruxelles, Jean-Nicolas Beuze, yavuze ko hakenewe ubushishozi kugira ngo uburenganzira bw’abimukira butazahungabanywa n’iyi gahunda.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, na we yigeze kugaragaza ko hari ibibazo bikwiye kubanza gusuzumwa kugira ngo hamenyekane niba ibigo nk’ibi bihuye n’indangagaciro z’u Burayi.
Iki gitekerezo cyibukije gahunda u Bwongereza bwari bwarateguye yo kohereza mu Rwanda bamwe mu basaba ubuhungiro, ariko ikaza guhagarikwa nyuma y’impaka za politiki n’imanza zaciwe n’inkiko.
Kugeza ubu, nta masezerano arashyirwaho umukono hagati ya EU n’u Rwanda ku bijyanye no kwakira aba bimukira. Ibiganiro biracyari mu rwego rwa dipolomasi, ariko kuba u Rwanda ruri mu bihugu biri kwitabwaho cyane byerekana ko rushobora kugira uruhare rukomeye muri uyu mushinga mu gihe wazashyirwa mu bikorwa.

U Rwanda rushobora kwakira abimukira batemerewe gutura i Burayi mu minsi iri mbere

















































































































































































