Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatangaje ko abagize Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, bagiye gukora ingendo hirya no hino mu gihugu bagamije gusuzuma uko gahunda zo kongera umusaruro w’ubuhinzi zishyirwa mu bikorwa ndetse no kumva ibibazo abaturage n’abahinzi bahura na byo.
Nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, uru ruzinduko ruzatangira tariki ya 28 Gicurasi kugeza ku ya 4 Kamena 2026 mu turere twose tw’igihugu, mbere y’uko rukomereza mu Mirenge yose y’Umujyi wa Kigali kuva tariki ya 6 kugeza ku ya 7 Kamena 2026.
Inteko Ishinga Amategeko yavuze ko izi ngendo zigamije gukusanya amakuru y’ukuri ava mu baturage no gukurikirana uburyo gahunda zo kongera umusaruro w’ibihingwa nk’ibigori, ikawa n’icyayi ziri gutanga umusaruro.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Gertrude Kazarwa, yavuze ko uru ruzinduko rugamije gukomeza kwegera abaturage no gukurikirana ibikorwa bya Leta bigamije iterambere ryabo.
Yagize ati: “Izi ngendo zizadufasha kubona amakuru aturutse mu baturage ubwabo no kureba niba gahunda zigamije kongera umusaruro w’ubuhinzi ziri gutanga ibisubizo abaturage bategereje.”
Bimwe mu bibazo biteganyijwe kwigwaho harimo ikoreshwa rito ry’inyongeramusaruro, ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, ibikorwaremezo bidahagije mu rwego rw’ubuhinzi ndetse n’ikibazo cy’amasoko ku bahinzi.
Muri uru ruzinduko kandi, abadepite bazagirana ibiganiro n’inzego z’ibanze, amakoperative y’abahinzi n’abafatanyabikorwa mu iterambere kugira ngo harebwe uburyo ibibazo biri mu rwego rw’ubuhinzi byakemurwa.
Abadepite bazanitabira umuganda rusange uteganyijwe mu mpera za Gicurasi 2026 ndetse banakire ibibazo abaturage bazaba bafite, banakurikirane uko ibyari byagaragajwe mu ngendo zabanje byakemuwe.
Abasesenguzi bavuga ko izi ngendo zishobora gutanga ishusho nyayo y’uko gahunda z’ubuhinzi ziri kugera ku baturage, cyane cyane mu gihe ubuhinzi bukomeje kuba inkingi y’ubukungu bw’Abanyarwanda benshi.
Abadepite bagiye gukora urugendo begera abaturage mu gusuzuma ibibazo byabo bijyanye n’ubuhinzi


















































































































































































