Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Al Hilal SC yihanije APR FC iyitsinda umuba w’ibitego

Ikipe ya Al Hilal SC yakomeje kwerekana ko ishaka kurangiza shampiyona iri ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda APR FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro-League wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2026.

Uyu mukino wabereye imbere y’abafana benshi, APR FC iwukinamo ifite igitutu cyo kongera kwisubiza umwanya wa kabiri yari imaze gutakaza nyuma y’uko Al Merrikh SC itsinze Etincelles FC ibitego 4-1 ikagira amanota 58, mu gihe APR FC yari ifite 56 naho Al Hilal SC ikaza iyoboye urutonde n’amanota 64.

APR FC yinjiye muri uyu mukino idafite bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye barimo Niyigena Clement, Ruboneka Bosco na Ssekiganda Ronald bafite imvune, ndetse na William Togui Mel wari ufite amakarita atatu y’umuhondo.
Al Hilal SC yatangiye umukino iri hejuru, ndetse ibona igitego cya mbere hakiri kare ku munota wa 11 gitsinzwe na Elhadj Madicke Kane.

APR FC yagerageje kwinjira mu mukino no gushaka uburyo bwo kwishyura, ariko uburyo bwabonetse ku bakinnyi barimo Mugisha Gilbert na Hakim Kiwanuka ntibwabashije kuvamo igitego.
Ikipe ya Al Hilal SC yakomeje gusatira cyane, maze ku munota wa 33 Ahmed Salem atsinda igitego cya kabiri nyuma y’ishoti rikomeye ryakomeje mu izamu rikozweho na myugariro Ishimwe Abdul. Igice cya mbere cyarangiye Al Hilal SC iyoboye umukino n’ibitego 2-0.

Mu gice cya kabiri, APR FC yakomeje gukora impinduka ishaka kugabanya ikinyuranyo, ariko Al Hilal SC ikomeza kugenzura umukino. Ku munota wa 68, Al Hilal SC yongeye kubona igitego nyuma y’ikosa ryakozwe na Seidu Yussif Dauda watakarije umupira mu bwugarizi.

APR FC yongeye gukora impinduka zinjizamo Denis Omedi na Mamadou Sy, ariko ntibyagira icyo bihindura ku mukino. Ku munota wa 80, Yousif Yagub yashyizeho akadomo atsinda igitego cya kane ku ikosa ry’umunyezamu Ruhamyankiko Yvan wari winjiye asimbuye Hakizimana Adolphe.

Umukino warangiye Al Hilal SC inyagiye APR FC ibitego 4-0, ikomeza gushimangira umwanya wa mbere n’amanota 67. Al Merrikh SC yagumye ku mwanya wa kabiri n’amanota 58, mu gihe APR FC yasigaye ku mwanya wa gatatu n’amanota 56.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities