Mu gihe habura iminsi 18 ngo isoko ry’igura n’igurisha mu bakinnyi ba ruhago ku mugabane w’u Burayi risubukure, ikinyamakuru The Sun, cyashyize hanze ubushakashatsi cyakoze ku bihombo amwe mu makipe y’i Burayi yagize mu myaka 10 itambutse.
Iki kinyamakuru kivuga ko ikipe ya Manchester United ariyo kipe yahenzwe ku isoko ry’abakinnyi mu gihe cy’imyaka 10 ishize, kuva mu mwaka wa 2012 kugeza mu kwezi k’Ukuboza2022. Yahombye arenga miliyoni 210 z’ama Euros, ni ukuvuga asaga Miliyari 210 z’amafaranga y’u Rwanda.
Kugira ngo The Sun ikore ubwo bushakashatsi, yagereranyaga amafaranga ikipe yaguze umukinnyi n’igiciro asanzwe afite ku isoko bizwi nka “Market value”. Kuri urwo rutonde, amakipe 5 mu 10 yakozweho ni ayo mu Bwongereza, 2 yo mu Bufaransa na ho mu bihugu by’u Budage, u Butaliyani na Esipanye habonekamo ikipe imwe imwe.
Dore urutonde ruhagaze.
1.Manchester United
Iyi kipe yishyuye miliyali imwe na miliyoni 400 z’ama Euro, mu gihe bijyanye n’igiciro cy’isoko, yari kwishyura miliyali imwe na miliyoni 190 z’ama Euros; bisobanuye ko yahombye miliyoni 210 z’ama Euros. Ayo mafaranga avugwa akaba yarakoreshejwe ku bakinnyi 33 gusa.
2. Juventus
Mu gihe cy’imyaka 10, iyi kipe yahombye miliyoni 208 z’ama Euros, yatanze miliyoni 903 z’ama Euros ku bakinnyi 36, aho yagombaga gutanga miliyoni 695 bijyanye n’uko n’igiciro cy’isoko ry’abakinnyi cyari gihagaze muri icyo gihe.
3.Paris Saint Germain
Iyi kipe yo yahombye miliyoni 142, aho mu gihe cy’imyaka 10 yasinyishije abakinnyi 31 maze ibatangaho miliyoni 866 mu gihe mu gaciro ka nyako bari bakwiye miliyoni 744 z’ama Euros.
4.Aston villa
Ikipe ya Aston Villa yahombye miliyoni 130 z’ama Euros ku bakinnyi 44, aho mu gihe bari bakwiye miliyoni 376, yo yishyuye miliyoni 506 z’ama Euros.
5.Real Madrid
Iyi kipe yo yahombye miliyoni 129 z’ama Euros ku bakinnyi 19 aho yabatanzeho miliyoni 730; mu gihe yari kwishyura miliyoni 601 z’ama Euros.
6.Chelsea
Ikipe ya Chelsea mu gihe cy’imyaka 10 ishize ku bakinnyi 36 yaguze, yahobye miliyoni 120 z’ama Euros aho yishyuye miliyali 1 na miliyoni 160 mu gihe hashingiwe ku giciro cy’isoko bari gutanga miliyali 1 na miliyoni 40 z’ama Euros.
7.Arsenal
Iyi kipe yo yahombye miliyoni 114 z’ama Euros ku bakinnyi 33 baguze, aho bashyuye miliyoni 860; mu gihe bari kwishyura miliyoni 746 z’ama Euros.
8.Rennes
Ikipe ya Rennes yahombye miliyoni 100 z’ama Euros, kuko ushingiye ku giciro cy’abakinnyi ku isoko bari kwishyura miliyoni 223, yo yishyuye miliyoni 323 z’ama Euros. Aya mafaranga yayahombye ku bakinnyi 33.
9.Everton
Iyi kipe mu gihe cy’imyaka 10 yahombye miliyoni 85 ku bakinnyi 29, aho batanze miliyoni 655 z’ama Euros, mu gihe igiciro bari bakwiye yari miliyoni 570.
10.Borussia Dortmund
Ikipe ya Borussia Dortmund ku bakinnyi 28 yahombye miliyoni 67 z’ama Euros kuko babatanzeho miliyoni 482, mu gihe bari bakwiye miliyoni 415 z’ama Euros.
The Sun igaragaza ko igihombo kinini cyagaragaye mu gihugu cy’u Bwongereza, kikaba kingana na miliyoni 659 z’ama Euros, ni ukuvuga asaga Miliyari 659 z’amafaranga y’u Rwanda. Muri rusange ku makipe yakoreweho ubushakashatsi yose, yahuye n’igihombo kingana na miliyali imwe na miliyoni 305 z’ama Euros, ni ukuvuga asaga Miliyari 1,305 z’amafaranga y’u Rwanda.
Didier Amen BYIRINGIRO
