Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Arsenal biyifashe imyaka 22 kwegukana igikombe cya English Premier League

Panorama Sports

Ikipe ya Arsenal F.C. yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza, English Premier League 2025/2026, nyuma y’uko Manchester City F.C bari bahanganye inganyije na AFC Bournemouth igitego 1-1 mu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Iyo ntsinzi yatumye Arsenal ishyira iherezo ku myaka 22 yari ishize idatwara igikombe cya Premier League, kuko yaherukaga kucyegukana mu mwaka wa 2004 mu bihe by’ikipe yiswe The Invincibles yatozwaga na Arsène Wenger.

Uyu mwaka wabaye uw’amateka kuri Arsenal ndetse n’umutoza wayo Mikel Arteta, wari umaze imyaka itatu yikurikiranya usoza shampiyona uri ku mwanya wa kabiri inyuma ya Manchester City.

Arsenal yari yatsinze Burnley m igitego 1-0 ku wa Mbere, biyishyira ku mwanya wa mbere irusha amanota atanu Manchester City mbere y’uyu mukino wa Bournemouth.

Manchester City yasabwaga gutsinda Bournemouth kugira ngo ikomeze guhatanira igikombe kugeza ku munsi wa nyuma wa shampiyona, ariko iza kunganya 1-1, ihita itakaza amahirwe yo kwisubiza igikombe yari imaze imyaka ine yikurikiranya yegukana.

Nyuma yo kunganya kwa Manchester City, abafana ba Arsenal bahise batangira ibirori bikomeye hirya no hino i Londres no ku kibuga cya Emirates ndetse n’ahandi hose ku isi, bishimira igikombe bari bamaze imyaka myinshi bategereje.

Abasesenguzi ba ruhago bavuga ko uyu mwaka Arsenal yagaragaje gukomera mu bwugarizi no kudacika intege mu mikino ya nyuma ya shampiyona, ibintu byafashije iyi kipe guhangana kugeza ku munota wa nyuma.

Iyi ntsinzi ya Arsenal kandi, ije mu gihe amakuru menshi ari kuvuga ko Pep Guardiola ashobora gutandukana na Manchester City nyuma y’imyaka 10 atoza iyi kipe.

Manchester City yari imaze imyaka ine yikurikiranya yegukana Premier League, ibintu bitarakorwa n’iyindi kipe muri shampiyona y’u Bwongereza.

Uretse igikombe cya Premier League, Arsenal iracyafite amahirwe yo gusoza umwaka ifite ibikombe bibiri bikomeye, kuko yanageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, aho izacakirana na Paris Saint-Germain mu mpera z’uku kwezi ku itariki 30.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Rwanda

Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Murenge wa Nyarugunga n’ahandi muri Kanombe, mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahanganye n’ikibazo...

Akarere

Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridateganya kuva ku...

Akarere

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yavuze ko igihugu kidateganya gukuraho ingamba z’ubwirinzi cyashyizeho, ahubwo ko zikomeza kuvugururwa bitewe n’imiterere y’ibibazo by’umutekano...

Football

Sugira N. Aimé Christian; Umunyeshuri mu itangazamakuru wimenyereza umwuga Irushanwa ry’igikombe cy’Isi ni rimwe mu marushanwa ahuruza imbaga y’abantu benshi kuva ryatangira gukinwa mu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities