Ikipe ya AS Muhanga yabonye intsinzi y’ingenzi imbere ya Rayon Sports nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 30 wa Shampiyona y’u Rwanda wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2026.
Uyu mukino watangiye saa cyenda z’amanywa, aho AS Muhanga yagaragaje ubushake n’imbaraga kuva ku munota wa mbere, cyane ko iri guhatanira kuguma mu cyiciro cya mbere.
Abafana ba Rayon Sports bagatungurwa no kubona ikipe yabo yinjizwa igitego hakiri kare cyane, kuko ku munota wa mbere gusa Twizerimana Martin Fabrice yatsinze igitego cyiza kuri kufura yanyuze umunyezamu Kwizera Olivier mu mpande ntiyabasha kuyigarura.
Nyuma y’icyo gitego, Rayon Sports yagerageje gusatira ishaka kwishyura, ariko uburyo yagiye ibona ntibwabashije kuvamo igitego. Igice cya mbere cyarangiye AS Muhanga ikiyoboye n’igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, ikipe yo mu Karere ka Muhanga yakomeje gukina yitonze kandi ibuza Rayon Sports kwisanzura mu kibuga. Abakinnyi ba Rayon Sports bagaragaje kugorwa no kurema uburyo bufatika bwo kubona igitego cyo kwishyura.
Umukino warangiye AS Muhanga yegukanye amanota atatu y’ingenzi imbere y’abafana bayo, itsinze Rayon Sports igitego 1-0 mu ntsinzi itunguranye.
Uyu musaruro ushimangira imyitwarire myiza ya AS Muhanga muri uyu mukino, ibintu umutoza wayo Gatera Moussa aheruka no kugarukaho asaba ko habaho abasifuzi bakora akazi kabo neza kugira ngo amakipe na yo abashe gukora ibyayo mu mucyo.
Nyuma y’uyu mukino, AS Muhanga ikomeje urugamba rwo kwirinda kumanuka mu cyiciro cya kabiri, aho yahise igira amanota 27 ikomeza gufata umwanya wa 17 ku rutonde rw’agateganyo. Rayon Sports yo yagumye ku manota 48, iguma ku mwanya wa kane.
























































































































































































