Kubaka Afurika yihagije ku biribwa hakemurwa ibibazo by’imirire mibi n’imihindagurikire y’ikirere, bisaba ubufatanye hagati ya za Guverinoma n’abikorera. Ni inkingi nyamukuru igarukwaho mu cyumweru gitegura kwizihiza Isabukuru yo kwibohora kw’Afurika yizihizwa ku wa 25 Gicurasi buri mwaka.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango uharanira ubumwe, agaciro no kwigira kwa Afurika Ishami ry’u Rwanda (PAM Rwanda), Hon. Musoni Protais, agaragaza ko kubaka Afurika yihagije mu biribwa atari urugamba rw’igihugu kimwe.
Hakwiye kurebwa uko Afurika yahuza ubuhahirane kandi imbaraga zose zidakwiye kuba iza Leta mu guteza imbere ubuhinzi, ahubwo hakwiye ubufatanye bw’imbaraga z’abikorera mu guharanira iterambere imibereho myiza ya buri wese.
Hon. Musoni avuga ko iby’ingenzi Afurika yagenderaho kugira ngo yihaze mu biribwa ari uko yahuza imikoranire n’imihahirane.
Yagize ati “Imitekerereze n’imyumvire y’abanyafurika ikwiye guhinduka iganisha ku kwibohora kuzuye, ntidukomeze gutekereza ko tuzakomeza guhazwa n’ibiva mu mahanga. Hakwiye gushyirwa imbaraga mu buhinzi ndetse hakubakwa ubushobozi bwo kubika igihe kinini imyaka yasaruwe, mu guca burundu ibibazo iby’inzara n’amapfa.”
Yanakomoje ku kibazo cy’abahinzi usanga beza byose bakabigemura mu masoko, bakirengagiza imiryango yabo. Yagize ati “birababaje kubona ikibazo cy’igwingira mu Banyarwanda. Ahanini riri mu bana b’abahinzi kandi mweza byose mukabijyana mu isoko, ahandi ugasanga ikibazo cy’iyangirika ry’ibiribwa byabuze abaguzi, cyangwa bikagurishwa ku giciro gito hirindwa ko byakangirika.”
Abikorera basabwe gutangira gushora imari yabo mu buhinzi kugira ngo umusaruro urusheho kuba mwinshi no kubaka inganda zihagije kugira ngo hagabanywe ibitumizwa mu mahanga.

Umuyobozi Ushinzwe Igenamigambi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Chantal Ingabire, yavuze ko n’ubwo hakigaragara icyuho mu mirire no kwihaza mu biribwa, hari imbaraga ziri gushyirwamo kugira ngo ibi bibazo bicike burundu.
Yagize ati “Hari Gushyirwamo imbaraga mu kubaka ibikorwaremezo byafasha mu kwita ku biribwa, hirindwa ko byakangirika, kandi mu rwego rwo kwihaza ku biribwa, hakenewe uruhare n’umurongo w’imikoranire hagati y’umuhinzi n’umuguzi, kugira ngo hatabaho igihombo ku mpande zombi.”
Mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibihingwa mu Rwanda, bihaye intego yo kuzamura buri mwaka ingano y’ubuso bwuhirwa no kubungabunga ubutaka ku ntego yo kurema ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ikirere.
Muri Afurika imibare igaragaza ko 21% bafite ikibazo cy’inzara, naho mu Rwanda ingo 81% zihagije mu biribwa ni ukuvuga ko 19 % arizo zifite ikibazo cyo kutihaza mu biribwa.
Munezero Jeanne d’Arc
