Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Harifuzwa ko Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisuna rwahindurwa urwa Byumba

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisuna, rwubatse hafi y’Ingoro y’Ubutabera ya Gicumbi, mu kagari ka Gisuna, Umurenge wa Byumba. Imibiri ishyinguye muri uru rwibutso n’iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1990 biswe ibyitso by’Inkotanyi.

Amakuru agaragaza ko mu 1990, n’ubwo umubare utazwi neza ariko bagenekereza, Abatutsi basaga 400 biciwe i Byumba, bakuwe hafi mu makomine yose uko yari cumi n’arindwi yari agize Perefegitura ya Byumba. Bishwe urupfu rw’agashinyaguro batwikishijwe amakara ariko kandi babanje gushinyagurirwa kuko hari n’abari baciwe amazuru baregwa kuba ibyitso by’Inkotanyi.

Ku wa 8 Mata 2023, mu kwibuka abo bavandimwe baruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Gisuna, umuhango wabereye i Gicumbi, abafite ababo baruhukiye muri urwo rwibutso, bifuje ko uru rwibutso kubera amateka rubitse rwakwitwa “Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Byumba”.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Gicumbi, Ntagungira Alexis, mu butumwa bwe yageneye uyu munsi yagize ati “Icyifuzo cyanyu, tuzicara nk’Inama Njyanama y’Akarere ka Gicumbi, tuzagisuzuma, tubikorere ubugororangingo, uru rwibutso ruhabwe izina rikwiriye, rijyanye n’amateka yarwo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, avuga ko inyigo yo kwagura no kubaka neza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisuna yakozwe, ariko bazabanza guhera ku rwa Mutete ruzatwara amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari imwe.

Mu biciwe i Byumba ku itari ya 10 Ukwakira 1990 abenshi bakomokaga mu cyahoze ari Komini Murambi harimo Ruterana Jean Damascene wakomokaga i Gakoni, ubu ni mu murenge wa Kiramuruzi; Bagambe Emmanuel wakomokaga mu Ndatemwa ubu ni mu murenge wa Kiziguro; Mutsinzi Camile wakomokaga muri Agakomeye mu murenge wa Kiziguro; Butare Augustin wakomokaga mu Ndatemwa; Munyeshuri Alphonse wakomokaga i Nyabisindu ubu ni mu murenge wa Kiramuruzi.

Hari kandi Sebusandi Jonathan wari Umuyobozi ushinzwe urubyiruko (Encadreur) muri Kimini Murambi wakomokaga i Nyabisindu; Rwabuneza Tharcisse wakomokaga muri Agakomeye; Ndoli wakomokaga i Nyabisindu; Gasana Jean Bosco na Rwabugande bakomokaga i Gikoma ubu ni mu murenge wa Rugarama; Kagabo Thomas wari Umuganga i Kiziguro wakomokaga i Kiramuruzi.

Hari na Kaburame Valens wakomokaga i Nyabisindu; Ntibukekumwe alias Kayinamura wakomokaga i Rubona ubu ni mu murenge wa Kiziguro; Karenzi wakomokaga i Gitebwe mu cyahoze ari Komini Gituza; Twahirwa Paul alias Gasunzu wakomokaga Kazaza mu cyahoze ari Muvumba ubu ni mu karere ka Nyagatare na Butera wakomokaga muri Uganda.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisuna rubumbatiye amateka menshi ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko mbere y’uko indege yari itwaye Perezida Habyarimana ihanurwa, Abatutsi bari baratangiye kwicwa hirya no hino mu gihugu.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Raoul Nshungu Visit Rwanda iri kugaragara hose I Burayi kubera amakipe ya Arsenal na PSG nyuma yaho,aya makipe aboneye itike yo gukina imikino ya...

Football

U Rwanda n’ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bufaransa, Paris Saint Germain. bavuguruye amasezerano y’ubufatanye muri gahunda izwi nka “Visit Rwanda” kugeza mu mwaka wa...

Amakuru

Raoul Nshungu Ubushakashatsi  bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda –NISR, 2025, kubipimo by’ubukene n’imibereho y’Abanyarwanda, bugaragaza ko Akarere ka Nyamagabe kaza ku mwanya wa...

Amakuru

Uwari Meya w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yatawe muri yombi nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha -RIB. Mu masaha ya nimugoroba yo ku wa 15...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities