Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Inama Y’Abaminisitiri Yemeje Umunsi Umushyikirano Uzongera Kubera

Inama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida Paul Kagame yanzuye ko mu ntangiriro za Gashyantare, 2026 hazaterana Inama y’Igihugu y’Umushyikirano. Yaherukaga kuba mu mwaka wa 2024.

Kuri iyi nshuro izaba hagati y’itariki 05 n’itariki 06, Gashyantare, 2026 ikazaba ibaye ku nshuro ya 20.

Ubusanzwe Umushyikirano uteganywa  n’Itegeko Nshinga, ugahuza abaturage bahagarariye abandi, abayobozi n’Abanyarwanda baba mu mahanga (diaspora) kugira ngo baganire ku bibazo birebana n’ubumwe bw’Abanyarwanda, imiyoborere n’iterambere.

Perezida wa Repubulika niwe uwuyobora.

Abantu baganira aho  igihugu kigeze mu nzego ziba zaraganiriweho mu mwaka ushize, bakareba uko bishyirwa mu bikorwa, uko abaturage begerejwe ubuyobozi, ibibura ngo iterambere rigere kuri bose n’izindi ngingo.

Abagize Guverinoma, Abadepite, abayobozi b’inzego z’ibanze, abahagarariye itangazamakuru, Abanyarwanda baba mu mahanga, ndetse n’abandi batumiwe niba bicara bagasasa inzobe bakareba uko ibintu mu gihugu byifashe muri rusange.

Mu rwego rwo kuwutangiramo ibitekerezo, abaturage bahabwa uburyo bwo guhamagara bakabaza, bakandika ubutumwa bugufi cyangwa bagakoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo buba bwateguwe mbere.

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities