Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Minisitiri W’Intebe yatangije inama mpuzamahanga ku buziranenge

Ni inama izamara iminsi itanu.

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yatangije Inama mpuzamahanga yiga k’ubuziranenge, izigirwamo uko ubuziranenge bwakomeza kwimakazwa  mu bihugu 176 byayitabiriye.

Ni inama yiswe International Organization for Standardization (ISO) Annual Meeting 2025, yitabiriwe n’abantu 1000.

Dr. Justin Nsengiyumva yabasabye gusenyera umugozi umwe no kungurana ibitekerezo mu kwimakaza ubuziranenge mu nganda no mu bucuruzi. Agira ati: “ Guharanira ubuziranenge ni ingenzi mu gutuma ibikorerwa mu nganda bigirira akamaro ibihugu byacu, bikanafasha mu iterambere ry’inganda.”

Dr. Nsengiyumva yabibukije ko ubufatanye bwa buri wese mu kiciro cy’ubumenyi afite ari ngombwa, ibintu ntibikorwe mu buryo bwa nyamwigendaho.

Iyi nama izamara iminsi itanu, ikazamurikirwamo ibyo bamwe bakoze birimo n’ibishingiye ku bwenge buhangano.

Yitabiriwe n’abanyapolitiki, abahanga, abanyenganda, abacuruzi, abanyeshuri n’abandi.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Rwanda

Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Murenge wa Nyarugunga n’ahandi muri Kanombe, mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahanganye n’ikibazo...

Akarere

Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridateganya kuva ku...

Akarere

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yavuze ko igihugu kidateganya gukuraho ingamba z’ubwirinzi cyashyizeho, ahubwo ko zikomeza kuvugururwa bitewe n’imiterere y’ibibazo by’umutekano...

Football

Sugira N. Aimé Christian; Umunyeshuri mu itangazamakuru wimenyereza umwuga Irushanwa ry’igikombe cy’Isi ni rimwe mu marushanwa ahuruza imbaga y’abantu benshi kuva ryatangira gukinwa mu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities