Panorama
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis wakomokaga muri Argentine, yitabye imana. Yari afite imyaka 88 y’amavuko.
Yari azwiho amagambo yoroshye n’uburyo bwicisha bugufi bwahise butsinda imbaga.
Cardinal Kevin Farrell yatangiye itangazo rivuga ku rupfu rwe ati “Nshuti bavandimwe, n’umubabaro mwinshi, bibaye ngombwa ko mbatangariza urupfu rwa Nyirubutungane Papa Francis”.
Yavuze ko ubuzima bwe bwose bwaranzwe no gukorera Imana na Kiliziya. Yavuze ko mu buzima bwe yaranzwe n’urukundo no gufasha abakene n’imbabare ndetse ko yabyishaga aho ari hose.
Bimwe mu byaranze ubuyobozi kuva yafata iyi Ntebe mu 2013, Francis yari afite intego yo gusukura izina rya Kiliziya ryari ritangiye kwandura bitewe n’ibirego byaregwaga Abihayimana Gatolika birimo gusambanya abana,ikindi yari yaragaragaje ubushake bwo guha abagore ijambo .
Nyirubutungane Francis w’imyaka 88 yari akize indwara y’umusonga kabiri kandi yari abitegetswe n’abaganga kubahiriza amezi abiri yo kuvuhuka kuva yava mu bitaro bya Gemelli by’i Roma ku ya 23 Werurwe.
Francis yagize ibibazo byinshi by’ubuzima mu buzima bwe bwose, harimo no gukuramo igice kimwe mu bihaha cye afite imyaka 21.
Amasaha make mbere yo gushira mo umwuka ku munsi wa Pasika yagaragaye asuhuza abakristpo abifuriza Pasika nziza.
Uretse i Vatican batangaje urupfu rwa Papa Francis, Kriziya Gatolika mu Rwanda na yo yatambukije ubwo butumwa bw’akababaro.
