Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Papa Francis yitabye Imana ku myaka 88

Panorama

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis wakomokaga muri Argentine, yitabye imana. Yari afite imyaka 88 y’amavuko.

Yari azwiho amagambo yoroshye n’uburyo bwicisha bugufi bwahise butsinda imbaga.

Cardinal Kevin Farrell yatangiye itangazo rivuga ku rupfu rwe ati “Nshuti bavandimwe, n’umubabaro mwinshi, bibaye ngombwa ko mbatangariza urupfu rwa Nyirubutungane Papa Francis”.

Yavuze ko ubuzima bwe bwose bwaranzwe no gukorera Imana na Kiliziya. Yavuze ko mu buzima bwe yaranzwe n’urukundo no gufasha abakene n’imbabare ndetse ko yabyishaga aho ari hose.

Bimwe mu byaranze ubuyobozi kuva yafata iyi Ntebe mu 2013, Francis yari afite intego yo gusukura izina rya Kiliziya ryari ritangiye kwandura bitewe n’ibirego byaregwaga Abihayimana Gatolika birimo gusambanya abana,ikindi yari yaragaragaje ubushake bwo guha abagore ijambo .

Nyirubutungane Francis w’imyaka 88 yari akize indwara y’umusonga kabiri kandi yari abitegetswe n’abaganga kubahiriza amezi abiri yo kuvuhuka kuva yava mu bitaro bya Gemelli by’i Roma ku ya 23 Werurwe.

Francis yagize ibibazo byinshi by’ubuzima mu buzima bwe bwose, harimo no gukuramo igice kimwe mu bihaha cye afite imyaka 21.

Amasaha make mbere yo gushira mo umwuka ku munsi wa Pasika yagaragaye asuhuza abakristpo abifuriza Pasika nziza.

Uretse i Vatican batangaje urupfu rwa Papa Francis, Kriziya Gatolika mu Rwanda na yo yatambukije ubwo butumwa bw’akababaro.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities