Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Kagame yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro mu miyoborere rusange

Perezida Kagame yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro mu bijyanye n’Imiyoborere Rusange “Public Policy and Management” yashyikirijwe na Yonsei University yo muri Koreya y’Epfo.

Umukuru w’Igihugu yahawe iyi mpamyabumenyi kubera uruhare agira mu kwimakaza imiyoborere. Yayishyikirijwe ku wa 4 Kamena 2024.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimiye ubuyobozi bwa Kaminuza ya Yonsei bwamuhaye Impamyabumenyi y’Ikirenga, avuga ko ari ikimenyetso cy’icyubahiro cyahawe u Rwanda.

Yakomeje ati “Ni inshuro ya kane ngeze muri Koreya ariko ni iya mbere [ngeze] muri Yonsei Campus. Nifuzaga ko ubucuti bwacu bwakabaye bwaratangiye mbere cyane. Yonsei iri muri kaminuza nziza ku Isi kandi nishimiye ko u Rwanda rwahujwe na yo.’’

Perezida Kagame yanagaragaje ko yishimiye kongera kubona inshuti ye magara Ban Ki-Moon, ashimangira ko ari “mugenzi wanjye nubaha’’ kandi u Rwanda rufata ‘‘nk’udasanzwe’’.

Yonsei University ni kaminuza ikomeye cyane kuko ari imwe muri eshatu zikomeye muri Koreya y’Epfo. Iyi kaminuza yashinzwe mu 1885 ifite ibigo by’ubushakashatsi 178 biyishamikiyeho.

Perezida Kagame yaganirije abitabiriye iki gikorwa, uko u Rwanda rwahanganye n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagaragaje ko intego nyamukuru yari iyo gufasha abaturage gutekana, kunga ubumwe no gutera imbere.

Yavuze ko u Rwanda rwari igihugu cyashwanyaguritse mu mfuruka zose zirimo iz’ubukungu, ibikorwaremezo n’ibijyanye n’imitekerereze.

Ati “Abantu bacu bari batatanye ndetse baciwemo ibice. Kubaka umutekano uhamye yari yo ntego yacu kandi iyo udahari nta kindi gishoboka.’’

Perezida Kagame ari muri Koreya y’Epfo kuva ku wa 2 Kamena 2024, aho yitabiriye Inama ya Mbere yahuje iki gihugu n’Umugabane wa Afurika yiswe Korea-Africa Summit.

Inkuru dukesha RBA

2 Comments

2 Comments

  1. jean de la croix

    June 13, 2024 at 11:15

    mzee wa kazi turakwemera cyane ingoma yawe niyogere

  2. Asante James

    June 13, 2024 at 11:11

    HE DESERVES IT , PK ni umwalimu w’ ikirenga

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama The author of this words “Book” is Dr. Gamariel Mbonimana who was born in Kamonyi District in 1980. He is married and awarded...

Amakuru

Written by Malliavin NZAMURAMBAHO Rwanda, a small landlocked nation in East Africa, has emerged as a beacon of environmental innovation and political resolve in...

Amakuru

Ku wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, u Rwanda rwatangaje ko rwahagaritse umubano mu bya dipolomasi n’u Bubiligi, nyuma yo gusuzuma imyitwarire y’icyo gihugu...

Amakuru

Panorama Amateka y’u Rwanda, iyo ageze kuri paji y’Ubukoloni, atangira gusharira dore ko bitarangiriye mu kurukoloniza gusa kuko byageze no ku rwego rwo gucamo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities