Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Perezida Kagame yakeje intsinzi ya Arsenal

Panorama Sports

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko umukino wahuje amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Arsenal FC na Atlético Madrid wari uryoheye ijisho, ndetse ashima Arsenal FC yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Atlético Madrid.

Umukino wa kimwe cya kabiri (½) wo kwishyura muri UEFA Champions League ahuje aya makipe yombi, wabaye mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 5 Gicurasi 2026, usoza Arsenal itsinze Atlético Madrid igitego 1-0, muri rusange biba ibitego 2-1 .

Arsenal yakiniraga uyu mukino kuri Emirates Stadium yayo, yatangiye umukino igerageza gukinira mu kibuga cya Atlético Madrid cyane.

Kuri uyu wa 6 Gicurasi 2026, ni bwo haza kumenyekana ikipe izahurira na Arsenal ku mukino wa nyuma.

Hateganyijwe undi mukino wa ½ uza guhuza Bayern Munchen na Paris Saint Germain na zo zisanzwe zifitanye ubufatanye na Visit Rwanda. Umukino ubanza wari warangiye PSG iwayo itsinze Bayern Munchen 5-4.

Iza gusezerera indi hagati y’izi, izahurira n’Abarashi ku mukino wa nyuma i Budapest ku wa 30 Gicurasi 2026.

Iyi kipe y’i Londres yaherukaga ku mukino wa UEFA Champions League, mu 2006 ubwo yahatsindirwaga na FC Barcelona.

Agira ati “Umukino mwiza hagati y’amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Atletico Madrid na Arsenal. Mwakoze cyane Arsenal FC ku ntsinzi no kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.”

Kuri uyu wa 6 Gicurasi 2026, ni bwo haza kumenyekana ikipe izahurira na Arsenal ku mukino wa nyuma.

Hateganyijwe undi mukino wa ½ uza guhuza Bayern Munchen na Paris Saint Germain na zo zisanzwe zifitanye ubufatanye na Visit Rwanda. Umukino ubanza wari warangiye PSG iwayo itsinze Bayern Munchen 5-4.

Iza gusezerera indi hagati y’izi, izahurira n’Abarashi ku mukino wa nyuma i Budapest ku wa 30 Gicurasi 2026.

Iyi kipe y’i Londres yaherukaga ku mukino wa UEFA Champions League, mu 2006 ubwo yahatsindirwaga na FC Barcelona.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities