Panorama Sports
Muri Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) irangiye, Arsenal yiteguye kubona akayabo k’amafaranga, agera kuri Miliyoni 171.5 z’amapawundi, mu gihe Chelsea izabona make ugereranyije n’ayo yabonye umwaka w’imikino ushize.
Ikipe yose yitabiriye Shampiona ihabwa amafaranga hagendewe ku mwanya yasorejeho. Amafaranga ava imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga mu gutambutsa imikino kuri televiziyo agabanywa ku buryo bungana hagati y’amakipe yose yakinnye shampiyona. Buri kipe kandi izahabwa hafi miliyoni 8 z’amapawundi ava mu bikorwa by’ubucuruzi bihuriweho, nk’uko Premier League yabitangaje umwaka ushize.
Kuva ku ikipe yatwaye igikombe, Arsenal, kugeza ku makipe yabonye imyanya yo kujya mu marushanwa y’i Burayi, ndetse n’iyamanutse mu cyiciro cya kabiri, buri kipe izagira amafaranga ibona kandi atari make.
Nk’uko tubikesha Ikinyamakuru standard.co.uk cyo mu Bwongereza, kuzamuka cyangwa kumanuka umwanya umwe gusa, bishobora gutuma ikipe ibona cyangwa itakaza amafaranga agera kuri miliyoni 2.6 z’amapawundi (£2.6m), ni ukuvuga angana hafi na miliyari 4.8 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw), bitewe n’igipimo cy’ivunjisha kiriho ubu twandika iyi nkuru, asaga hashingiwe ku mibare y’umwaka ushize yemejwe na Premier League.
Ariko kandi, aya mafaranga ashobora kwiyongera bitewe n’izamuka ry’ibiciro n’izindi mpamvu z’ubukungu zabaye mu mezi 12 ashize.
Iyo hiyongereyeho amafaranga ava mu burenganzira bwo gutambutsa imikino kuri televiziyo, amafaranga amakipe yinjiza arushaho kuzamuka cyane. Southampton, yarangije ku mwanya wa 20 umwaka ushize, yinjije hafi miliyoni 100 z’amapawundi avuye kuri televiziyo n’andi mafaranga y’inyongera.
Ni angahe buri kipe yo muri Premier League yinjiza?
Ubuyobozi bwa Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) butangaza ko mu mafaranga amakipe ahabwa ava mu misanzu rusange. “Buri kipe ihabwa amafaranga hashingiwe ku mwanya yasorejeho ku rutonde rwa Premier League. Aya mafaranga atangwa ku buryo bugenda bugabanuka kuva ku mwanya wa mbere kugeza ku wa nyuma.”
Bakomeza batanga urugero kuri Arsenal izahabwa inshuro 20 z’amafaranga fatizo agenerwa imyanya, mu gihe ikipe ya kabiri ihabwa inshuro 19, bityo bityo kugeza ku mwanya wa 20.
Umwaka ushize, buri mwanya wongeragaho hafi miliyoni 2.6 z’amapawundi. Liverpool yabaye iya mbere yinjije miliyoni 53.1 z’amapawundi, mu gihe Southampton yabaye iya nyuma yahawe miliyoni 2.6.
Dushingiye ku mibare y’umwaka ushize, Liverpool yatwaye igikombe yinjije miliyoni 174.9 z’amapawundi, mu gihe Southampton yabaye iya nyuma yabonye miliyoni 109.2, ni ukuvuga munsi ho miliyoni 65.7.
Iyo mibare ishobora kuba icyerekezo cy’uyu mwaka, kuko amafaranga ya nyuma ateganyijwe kwemezwa muri Nyakanga 2026.
Manchester United ishobora kubona hafi miliyoni 165.5 z’amapawundi nyuma yo gusoza Shampiyona iri ku mwanya wa gatatu, mu gihe Liverpool ishobora kubona miliyoni 160.2 nyuma yo gusoreza ku mwanya wa gatanu.
Chelsea yamanutse ku mwanya, igera ku wa 10 nyuma y’umunsi wa nyuma wa shampiyona, ibintu bizatuma ibona miliyoni 138.9 z’amapawundi.
Tottenham yasoreje ku mwanya wa 17 ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, yinjiza miliyoni 127.8 z’amapawundi kubera kwirinda kumanuka mu cyiciro cya kabiri umwaka ushize. West Ham, yasoreje ku mwanya wa 18, izinjiza miliyoni 116.9 z’amapawundi.























































































































































































