Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

PSG izahura na Arsenal ku mukino wa nyuma wa Champions League

Ikipe ya Paris Saint-Germain yongeye kwerekana urwego rwayo ku mugabane w’u Burayi nyuma yo kubona itike ya nyuma ya UEFA Champions League, ikuyemo Bayern Munich mu mikino ya ½.

Uyu mukino wabaye ku wa Gatatu tariki ya 06 Gicurasi 2026, warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1, ariko PSG ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 6-5 nyuma y’intsinzi y’ibitego 5-4 yari yabonye mu mukino ubanza.

Iyi kipe yo mu Bufaransa yatangiye umukino ifite imbaraga nyinshi, ndetse ihita ibona igitego hakiri kare ku mupira watewe na Ousmane Dembélé nyuma yo kuwuherezwa na Khvicha Kvaratskhelia, wari uzamukanye umupira awinjiza mu rubuga rw’amahina.

Nyuma yo gutsindwa, Bayern Munich yashatse uburyo bwo kugaruka mu mukino, ariko uburyo bwabonetse ku bakinnyi bayo barimo Michael Olise ntibwabashije kubyara umusaruro, amashoti ye akajya ajya hanze y’izamu.

Igice cya mbere cyarangiye PSG iri imbere n’igitego 1-0, ibintu byayongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma kuko yari imaze kugira ibitego 6-4 mu mibare rusange.

Mu gice cya kabiri, umutoza Vincent Kompany yakoze impinduka mu bakinnyi, ariko Bayern Munich ikomeza kugorwa no kubona igitego cyo kwishyura.

Ikipe yo mu Budage yaje kubona igitego ku munota wa gatatu w’inyongera gitsinzwe na Harry Kane, ariko nticyari gihagije ngo ihindure amateka y’umukino, PSG ihita ibona itike ya nyuma ku giteranyo cy’ibitego 6-5.

Uyu mukino wanitabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, wari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar. Mbere y’umukino, aba bayobozi banasuye irerero rya Bayern Munich rirererwamo Abanyarwanda babiri, Ndayishimiye Balthazar na David Okoce.

PSG igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya gatatu, nyuma yo kuwugeraho mu mwaka wa 2019/2020 no muri 2024/2025, ubwo yanatwaraga igikombe itsinze Inter Milan.

Ku mukino wa nyuma, PSG izacakirana na Arsenal yasezereye Atlético Madrid. Aya makipe yombi asanzwe afitanye ubufatanye n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.

Uyu mukino wa nyuma uteganyijwe kubera kuri Puskás Aréna i Budapest, ku wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026.

Ousmane Dembele wa PSG

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities