Connect with us

Hi, what are you looking for?

Abantu

Umusaza Gasirabo arabatashya mu ntashyo yo kureba kure

Umugabo wari rwiyemezamirimo yabwiye umukozi we wamwubakishirizaga amazu ati «Ndashaka ko unyubakira iyi nzu, dore igishushanyo mbonera.»

Umukozi aragenda yiga inyigo y’igishushanyo mbonera, asanga kuzura kw’iyo nzu bizafata amezi atandatu. Kandi ubwo uwo mukozi yari asigaje amezi atatu, ngo ajye mu kiruhuko cy’izabukuru (Pansiyo).

Atangira kwibaza ukuntu shebuja amuhaye akazi kazafata amezi atandatu, kandi asigaje amezi atatu ngo ajye muri Pansiyo. Yiyemeza kuyubaka vuba vuba no gushaka uburyo agavura amafaranga azasangira n’inshuti ze igihe azaba ari muri Pansiyo.

Mu mwanya wo kugura ibikoresho byiza kandi bikomeye, agura ibikoresho bya make kandi bitujuje ubuziranenge. Inzu arayisondeka karahava, sima akoresha nkeya umucanga uba mwinshi. Inzu mu minsi mike yari yuzuye, ibereye ijisho ariko isondetse pe.

Inzu imaze kuzura yagiye kubimenyesha shebuja ko akazi yamushinze karangiye, umukire yaranezerewe basezerana ko azaza kuyitaha bucyeye ati “Ubwire abakozi bose bazaze tuhahurire.”

Bucyeye bahurira ku nzu nuko umukire afata ijambo ati “Nkurikije imyaka yose tumaranye,none ukaba ugeze igihe cyo kujya muri pansiyo niyemeje kuguha impano. Iyi nzu niyo mpano nguhaye kuko wambereye umukozi mwiza, ndizera ko izagufasha mu buzima bushya ugiye gutangira.’’

Umukozi acyumva Shebuja amubwiye ati “iyi ni inzu yawe yaraturitse ararira!” Tekereza uko yiyumvise amaze kumenya ko inzu yubakaga ayisondeka ari iye!

Inzu mu gihe gito yatangiye kwiyasa, irasenyuka.

Isomo nabonye:

Icyo ukora cyose gikorane urukundo, icyubahiro n’ubunyangamugayo. Ntukagirire umuntu nabi kubera amafaranga.

Ba urugero rwiza, tanga ibyiza byawe, nawe uzahabwa ibyiza byawe. Shaka ibyiza ubishyire hamwe n’ibindi byiza, uzagira byinshi byiza, urusheho kuba wowe nyawe uberanye nawe mu gihe cyawe no mu bawe. Ni umurage udasaza uzahoraho mu bawe. Twirinde intekerezo zuzuye ubuhemu, kuko buratugarukira.

Muhozi wa Binama

Umuturage w’i Gasabo

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ubuzima

Mu Rwanda, imibare mishya igaragaza ko abantu bagana serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe bakomeje kwiyongera, ibintu byerekana ko iki kibazo kiri gufata indi...

Rwanda

Mu Karere ka Ngoma, mu Murenge wa Karembo, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho ubuhamya bwatanzwe...

Utuntu n'utundi

Ubushakashatsi bushya ku myitwarire y’inguge bwashyize ahagaragara uko amacakubiri ashobora gutangira buhoro buhoro, akazavamo amakimbirane akomeye ndetse n’urugomo, ibintu bishobora no gufasha gusobanukirwa intambara...

Amakuru

Mu gihe umutekano ukomeje kuzamba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), harategurwa indi gahunda y’ibiganiro igamije gushaka igisubizo kirambye ku makimbirane...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities