Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Gen. Maj Bayingana Emmanuel yagaragarije urubyiruko ruturutse mu bihugu 13, ko ibyasaga n’ibidashoboka byakozwe n’Inkotanyi byatumye u Rwanda rwongera kugira ijambo rikomeye mu mahanga.
Nk’uko tubikesha RBA, uru rubyiruko rutuye mu mahanga rwakanguriwe kubakira ku ndangagaciro za Kinyarwanda aho bari hose, kugira ngo ibyagezweho birusheho gutera imbere.
Uru rubyiruko rugaragaza morale n’ibyishimo ku maso, yagaragazaga inyota nyinshi bari bafitiye inkuru y’urugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda.
Umwe mu barurwanye, Maj. Gen. Bayingana Emmanuel, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo nk’uwariraye, yagaragarije uru rubyiruko ko bitari byoroshye.
Gusa avuga ko imbaraga zishingiye ku buyobozi bwiza bureba kure, bukunze igihugu n’izindi ndangagaciro zaranze inkotanyi aribyo byatumye ibyari bigoye bishoboka.
Minisitiri w’Urubyiruko n’umuco, Rose Mary Mbabazi, yifashishije urugero rw’imiyoborere mibi yaranze uru Rwanda ndetse ikarugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, yabasabye guharanira ubumwe n’iterambere ry’igihugu kuko aribyo bitanga umusaruro nk’uko imiyoborere itavangura u Rwanda rufite ubu yabigaragaje.
Impuguke muri politiki y’u Rwanda, Shekh Adul Karim Harerimana nawe yasabye uru rubyiruko kuba maso mu byo bakora byose no kubasha gutandukanya politiki mbi n’inziza.
Nyuma yo guhabwa ibi biganiro uru rubyiruko ruragaragaza ko hari impamba ifatika basubiranye mu bihugu baje baturutsemo.
Uru rubyiruko rurenga gato 100 baturutse mu bihugu 13 byo hirya no hino ku isi bari mu Rwanda muri gahunda yo kumenya birushijeho urwababyaye. Ni nayo ntero yabo ko iyo batuye bagiye kurushaho kubaho barangwa n’indangagaciro mu byo bakora byose.
Panorama