Uwari Meya w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yatawe muri yombi nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha -RIB.
Mu masaha ya nimugoroba yo ku wa 15 Mata 2025, nibwo hasohotse amakuru avuga ko Ntazinda yegujwe n’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza kubera kutuzuza inshingano ze.
Kuri uyu wa 16 Mata 2025, RIB yemeje itabwa muri yombi rye ngo kubera ko hari iperereza rimukorwaho.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabyemereye Ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Mata 2025.
Agira ati “Nibyo koko Ntazinda Erasme arafunzwe, bishingiye ku iperereza rimukorwaho. Nta byinshi twavuga kugeza ubu, kwirinda ko byabangamira iperereza.”
Ntazinda Erasmeagiye atarangije manda ya kabiri yari yaratangiye mu 2021. Mbere yo kuyobora Akarere ka Nyanza, yakoze imirimo itandukanye irimo kuyobora ikipe ya Rayon Sport Volleyball.
Raoul Nshungu
