Connect with us

Hi, what are you looking for?

Abagore

Imboga za Dodo zabyukije urukundo

Umuryango wa Habimana Vianney na Mukasibo Valeria, bitangira ubuhamya ko ubuzima bwabo bwari amakimbirane, ariko umurima w’imboga za Dodo ubabyukiriza urukundo.

Ni mu mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera. Umuryango wa Habimana na Mukasibo ufite abana batanu. Bitangira ubuhamya ko bari barahindutse ba ruvumwa kubera amakimbirane yahoraga mu rugo rwabo.

Habimana yemeza ko ubuzima bwe bwari ukwibera mu kabari anywera amafaranga yakoreye, kandi yataha akarwana n’umugore. Yageze igihe yumva yatandukana na we.

Mukasibo avuga ko yifuje gutandukana na Habimana akaba ukwe kuko yumvaga ubuzima bwe bugeze habi. Igitekerezo cye cyaciwe intege n’amahugurwa yahawe, atangira guhinga imboga no kwizigamira binyuze mu matsinda.

Imboga ze za Dodo n’Imbwija zatumye mu rugo hinjira amafaranga, atangira kugurira imyenda abana, Habimana aziriyeho aranurirwa ndetse rimwe na rimwe Mukasibo akajya asengerera agacupa umugabo we.

Aka kagendo ka buhoro buhoro kahinduye Habimana, ashimishwa n’uko imboga za dodo zatumye urugo rwe ruhinduka bahindura ubuzima. Ubu ni abajyanama b’abandi aho batuye.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Rudogo mu Murenge wa Cyinzuzi mu karere ka Rulindo bavuga ko babangamiwe n’insoresore zicukura amabuye y’agaciro mu...

Football

Umunyarwanda witwa Khalifan w’imyaka 17 ari mu Burayi aho azerekanira ko ashoboye hanyuma agashyirwa mu ikipe y’abato ya Manchester United. Iyo kipe ikinwamo n’abatagerengeje...

Amakuru

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi, bamaze gufata umuco ufatwa nk’ingeso wo kuzindukira mu tubari tw’ibigage mu gitondo...

Amakuru

U Rwanda rwatangiye gukoresha urukingo rushya rwitwa Gardasil 9 rugamije kurinda abantu kwandura virusi ya Human papillomavirus (HPV), izwiho gutera indwara zitandukanye zirimo na...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities