Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

Centrafrique: Ingabo Z’u Rwanda Zahawe Imidari

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Repubulika ya Centrafrique kuhagarura amahoro  (MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe kubera umurava, ubunyamwuga n’umusanzu mu kurinda abasivili.

Byabaye Kuwa 7, Mutarama, 2026, ikaba yarahawe abagize Rwanda Battle Group VII (RWABG VII) n’Ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda byo ku rwego rwa II+ (RWAMED X).

Byabereye mu kigo cya RWABG VII kiri i Bria muri Perefegitura ya Haute-Kotto, kiyoborwa n’Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za MINUSCA, Major General Maychel Asmi.

Lieutenant Colonel Willy Ntagara uyobora RWABG VII yavuze ko guhabwa imidari ari ishema ku mwuga wa gisirikare.

Ni ishimwe avuga ko ribatera gukomeza kwitangira inshingano zijyanye n’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bahamagariwe.

Col Dr. Simon R. Nyagasaza, Umuyobozi wa RWAMED X, yagarutse ku ntambwe ikomeye ibyo bitaro by’u Rwanda byo ku rwego rwa II+ byagezeho kuva muri Mutarama, 2025.

Nyagasaza yavuze ko RWAMED X yatanze serivisi z’ubuvuzi ku bakozi ba MINUSCA n’abasivili.

Maj. Gen. Maychel Asmi yashimiye ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga umutekano mu matora aherutse kuba muri kiriya gihugu nk’uko byari mu nshingano za MINUSCA.

Yashimye kandi RWABG VII ku bikorwa byayo byo gucunga umutekano mu bice bya Bria, Ouadda na Sam-Ouandja.

Mu rwego rwa politiki, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi warwo muri kiriya gihugu witwa Olivier Kayumba.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije na bagenzi babo bo muri Jamaica  (JDF) mu mirimo  yo gusana ibyangijwe n’ibiza mu...

Amakuru

Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC batangajwe nk’abakinnyi bashya ba El Merriekh FC Bentiu. Bibaye  nyuma y’uko Serumogo...

Ibitekerezo

Ndemera kandi nshima intego z’iri tegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, zirimo kurengera ubuzima, kongera inshingano n’uburyozwe, no kuvugurura imicungire y’umutekano wo mu muhanda mu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities