Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

Moto Zikoresha Lisansi Zigiye Gukumirwa Burundu ku Isoko ry’u Rwanda

Moto zikoresha lisansi zikomeje gufatirwa ingamba zikaze

Mu rwego rwo guteza imbere ubwikorezi burengera ibidukikije no kugabanya ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko igiye gukaza ingamba zo kwimakaza moto zikoresha amashanyarazi, aho izikoresha lisansi cyangwa mazutu zizahagarikwa burundu ku isoko ry’igihugu.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Jean de Dieu Uwihanganye, wagaragaje ko icyemezo cyari cyafatiwe Umujyi wa Kigali cyo kudatanga impushya ku bashya bashaka gukora akazi ko gutwara abagenzi bifashishije moto zikoresha lisansi, kiri gutanga umusaruro ufatika.

Byongeye kandi, kuva muri Mutarama 2025, abantu bashya bashaka kwinjira mu mwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali basabwaga gukoresha gusa moto zikoresha amashanyarazi, aho RURA itagisohora ibyangombwa ku zikoresha lisansi.

Amb. Uwihanganye yavuze ko iyi gahunda igiye kwagurirwa ku rwego rw’Igihugu hose, ku buryo nta moto nshya izongera kwinjira ku isoko ry’u Rwanda idakoresha amashanyarazi.

Ati: “Muzi ko Leta yafashe icyemezo ko moto zitwara abantu zigomba kuba ari iz’amashanyarazi cyane cyane mu Mujyi wa Kigali. Mu minsi ya vuba tugiye kwangura iyo ngamba ibe iy’igihugu cyose. Ntihagire moto yongera kwinjira mu gihugu itari iy’amashanyarazi, n’izitwara abantu mu gihugu hose bibe bityo.”

Yakomeje agaragaza ko ibi bimaze kugera ku ntera ishimishije ku isoko ry’u Rwanda, haba mu mubare w’abashoramari bazana moto z’amashanyarazi ndetse n’abashora imari mu bikorwa remezo birimo sitasiyo zo kuzisharija.

Ati: “Isoko rimaze gufata, hari abazana moto, hari abakora ibyo gutanga umuriro, ntabwo ushobora kuvuga ko byera ngo de, ariko isoko rimaze gukura ku buryo dushobora kubyagura.”

Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2025 mu Rwanda hagurishijwe moto zisaga 14,031, bingana n’izamuka rya 28% ugereranyije n’umwaka wabanje. Muri izo moto, igice kinini cyari izikoresha amashanyarazi, aho ubwiyongere bwazo bwageze kuri 686% kuva zatangira gukoreshwa mu Rwanda, nk’uko bigaragazwa n’urubuga motorcyclesdata.

Nubwo bimeze bityo, moto zisanzwe zikoresha lisansi zamaze kwandikwa zizakomeza gukora akazi kazo nk’uko bisanzwe, gusa nta zindi nshya zizemererwa kwinjira ku isoko ry’u Rwanda mu rwego rwo gushyigikira gahunda yo kurengera ibidukikije no guteza imbere ubwikorezi burambye.

Moto zikoresha lisansi zikomeje gufatirwa ingamba zikaze

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities