Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubuzima

Impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu zagabanyutse ku kigero cya 81.6%

Ubushakashatsi bwa RDHS 2025: Impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda zakomeje kugabanuka

Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko u Rwanda rukomeje kwandika amateka meza mu guteza imbere ubuzima bw’umwana, aho impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu zagabanutse ku rugero rwa 81.6% mu gihe cy’imyaka 25 ishize.

Raporo yakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, yashyizwe ahagaragara ku wa 30 Kamena 2026, igaragaza ko mu mwaka wa 2000 abana 196 muri buri 1.000 bavukaga ari bazima bapfaga bataruzuza imyaka itanu.

Mu myaka yakurikiyeho, iki gipimo cyagiye kigabanuka buhoro buhoro. Muri 2005 cyageze ku 152, muri 2010 kigera kuri 76, mu 2014–2015 kiba 50, mu 2019–2020 kigera kuri 45, naho mu 2025 kimanuka kigera kuri 36 kuri buri bana 1.000 bavuka ari bazima.

Ibi bisobanuye ko mu myaka 25 ishize impfu z’abana bato zagabanutseho abana 160 kuri buri 1.000 bavukaga ari bazima, bingana n’igabanuka rya 81.6%, hafi 82%.

Raporo igaragaza ko impinduka zikomeye zabonetse hagati ya 2005 na 2010, igihe impfu z’abana zagabanutse ziva kuri 152 zigera kuri 76 kuri buri bana 1.000 bavuka ari bazima.

Nubwo iyi mibare igaragaza intambwe ishimishije, ubushakashatsi bwerekana ko hakiri urugendo, kuko abana 36 muri buri 1.000 bavuka ari bazima bagipfa batarageza ku myaka itanu. Ibi byerekana ko hakenewe gukomeza gushimangira gahunda zigamije kurengera ubuzima bw’umubyeyi n’umwana.

Imwe mu mpamvu zifatwa nk’izagize uruhare muri iri gabanuka ni ukwiyongera kw’ababyarira kwa muganga no kunozwa kwa serivisi z’ubuvuzi.

Ubushakashatsi bwerekana ko umubare w’abagore babyarira kwa muganga wazamutse ku buryo bugaragara. Mu 1992, ababyariraga kwa muganga bari 25% gusa, mu gihe mu 2025 bageze kuri 98%.

Mu mwaka wa 2000, abagore babyariraga kwa muganga bari 27%, bagera kuri 39% mu 2005, bazamuka bagera kuri 69% mu 2010, 91% mu 2014–2015, 94% mu 2019–2020, mbere yo kugera kuri 98% mu 2025.

Iyi mibare igaragaza ko abagore batabyarira kwa muganga basigaye ari 2% gusa, ibintu byagize uruhare rukomeye mu kugabanya impfu z’ababyeyi n’iz’abana bapfa bakivuka cyangwa bakiri bato.

Raporo inagaragaza ko u Rwanda rukomeje kuba mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byagaragaje umuvuduko ushimishije mu kugabanya impfu z’abana.

Muri 2014, Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’abana (Save the Children) wagaragaje ko abana bavukira mu Rwanda bafite amahirwe menshi yo kubaho ugereranyije n’abavukira mu bindi bihugu byinshi byo mu karere.

Icyo gihe, uwo muryango wagaragaje ko abarenga 70% by’abagore bo mu Rwanda babyariraga mu bigo nderabuzima, mu gihe hari ibihugu byo mu karere byari bikiri inyuma cyane, aho ibitarenga 10% by’abagore ari bo babyariraga kwa muganga.

Ubushakashatsi bwa RDHS 2025: Impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda zakomeje kugabanuka

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities