Abantu 22 barimo bishwe abandi 59 barakomereka mu gitero cy’umwiyahuzi mu kigo Manchester Arena mu gihugu cy’u Bwongereza.
Nk’uko tubikesha BBC, uwo mwiyahuzi yiturikije igisasu mu bwinjiriro mu masaa yine n’igice z’ijoro (22:35) ku isaha yo mu Bwongereza (ku isaha ngengamasaha), ni ukuvuga ahagana saa sita n’igice z’ijoro, ku wa mbere, hari igiteramo cy’umuririmbyi w’umunyamerika, Ariana Grande.
Igipolisi kivuga ko uwo mugabo yateye ari wenyene, na we yapfiriye muri icyo gitero, yiturikirijeho igisasu.
Imodoka zitwara abarwayi 60 nizo ziri mu kibanza iryo bara ryabereye, abakomeretse baravurirwa mu bitaro biri hafi yaho.
Umupolisi Ian Hopkins yagize ati ni “ibara riteye ubwoba” rigwiriye Greater Manchester.
Yavuze ko hagiye kwihutishwa iperereza kugira ngo hamenyekane uwaba yihishe inyuma y’icyo gikorwa cy’iterabwoba.
Panorama
