Perezida w’igihugu cya Nigeria, Muhammadu Buhari, wigeze kumara amezi abiri i Londres mu gihugu cy’u Bwongereza yivuza, aho atahiye yavuze ko ashobora kwongera gusubira kwisuzumisha.
Nk’uko tubikesha BBC, Perezida Buhari yagaragaye incuro nke mu kwezi kwa Werurwe, ariko na bwo bigaragara ko ubuzima bwe butameze neza.
Visi Perezida we, Yemi Osinbajo, ni we wasigaye mu nshingano z’umukuru w’igihugu mu gihe agikomeza kwivuriza mu Bwongereza bategereje ko agaruka.
Umuvugizi w’Umukuru w’igihugu yatangaje ko igihe cyo kugaruka kwa Perezida Buhari ava kwivuza kizamenyekana biturutse ku baganga.
BBC ikomeza itangaza ko mbere y’uko Perezida Buhari afata indege ahaguruka mu murwa mukuru Abuja, yabanje gusura abakobwa 82 barekuwe n’umutwe wa Boko Haram, bari barashimuswe bari ku ishuri.
Panorama

Perezida Buhari yasuye abakobwa barekuwe na Boko Haramu (photo/Courtesy)
