Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubuzima

Hatangiye igeragezwa ry’umuti mushya ushobora kuvura kanseri y’ubwoko butandatu

Uyu muti uri kugeregezwa mushya wa kanseri uzajya uba uri mu bwoko bw'ibinini

Abashakashatsi bo mu Bwongereza batangaje intambwe nshya mu rugamba rwo kurwanya kanseri, nyuma y’aho Ikigo Greywolf Therapeutics gikora ubushakashatsi ku miti cyashyize ahagaragara ibyavuye mu igeragezwa ry’umuti mushya ushobora guhangana n’ubwoko butandukanye bwa kanseri.

Uyu muti uzwi ku izina rya GRWD5769 umaze kugeragezwa ku bantu 83 bafite kanseri zitandukanye. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragaje ko hafi kimwe cya gatatu cy’abawukoresheje bagize impinduka nziza, aho kanseri yabo yagabanyutse cyangwa igahagarika gukura. Hari n’abarwayi bamwe bagaragaje kugabanuka kwa kanseri ku rugero ruri hafi ya 95%.

Abahanga bavuga ko uyu muti ushobora kugira uruhare rukomeye mu kuvura kanseri y’uruhago, iy’inkondo y’umura, iy’ibihaha, iy’amara, iy’umuhogo ndetse n’izifata mu bice by’umutwe.

Uburyo uyu muti ukoramo butandukanye n’ubw’imiti myinshi isanzwe ikoreshwa. Ahanini ukuraho uburyo utunyangingo twa kanseri twihisha ubudahangarwa bw’umubiri, bigatuma umubiri ushobora kubimenya no kubirwanya ku buryo bworoshye.

GRWD5769 ifatwa mu buryo bw’ibinini, rimwe mu gitondo n’irindi nimugoroba, kandi ikunze guhabwa abarwayi ifatanyijwe n’indi miti ifasha kongerera imbaraga ubudahangarwa bw’umubiri kugira ngo bushobore guhangana neza n’indwara.

Umuyobozi wayoboye iri geragezwa, Stefan Symeonides, yavuze ko uyu muti ushobora kuzana impinduka zikomeye mu buryo kanseri ivurwa, kuko udashingira gusa ku kurwanya indwara ahubwo unafasha umubiri ubwawo kuyimenya no kuyihashya.

Yagize ati: “Biranejeje kubasha kuzana ubundi buryo ku bitaro bwo gufasha abarwayi bacu.”

Nyuma y’ibi byiciro bya mbere by’igeragezwa byatanze icyizere, uyu muti utegerejwe gukomeza kugeragezwa ku mubare munini w’abarwayi kugira ngo harebwe umutekano n’imikorere yawo mbere yo guhabwa uburenganzira bwo gukoreshwa mu mavuriro.

Abashakashatsi bagaragaza ko iyi ntambwe ishobora kuzafasha mu guhangana n’umubare ukomeje kwiyongera w’abarwara kanseri ku isi, aho buri mwaka abantu barenga miliyoni 20 basanganwa ubwoko butandukanye bw’iyi ndwara.

Nubwo hakiri inzira ndende mbere y’uko uyu muti ugera ku barwayi bose, ibyavuye mu bushakashatsi bwa mbere biratanga icyizere ko hashobora kuboneka ubundi buryo bushya bwo kuvura kanseri mu myaka iri imbere.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities