Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ahandi

Donald Trump yongeye gutorerwa kuyobora Amerika

Donald Trump (Umurepubulikani) w’imyaka 78 y’amavuko yamaze kubona amajwi arenga ayo yari akeneye (277) kugira ngo yegukane intsinzi mu matora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri aya matora yari ahanganye n’umukandida w’Abademokarate, Kamala Harris w’imyaka 60 wagize amajwi (224).

Perezida Donald Trump yahise atangaza ijambo ryo kwishimira intsinzi, ashimira Amerika yamwizeye ikamuha inshingano zo kongera kuyiyobora. Yijeje Abanyamerika ko atazabahemukira.

Amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabaye tariki 05 Ugushyingo 2024, yitabirwa n’Abanyamerika barenga miliyoni 82.

Perezida Donald Trump asubiye mu Biro by’Umukuru w’igihugu (White House) nyuma y’uko yari yiyamamarije manda ya kabiri mu mwaka wa 2020, ariko agatsindwa na Perezida Joe Biden.

Kamala Harris iyo aramuka atowe, yari kuba ari we mugore wa mbere utorewe kuyobora igihugu kuva cyakwigobotora ubukoloni kikitwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 1789, umwaka bemeje Itegeko Nshinga bakanatora Perezida wa mbere (George Washington) ku itariki 07 Mutarama.

Si Umukur w’igihugu watowe gusa kuko Ishyaka ry’Abarepubulikani ryegukanye intsinzi no mu zindi nzego. Muri Sena Abarepubulikani begukanye intebe 52 kuri 42 z’Abademokarate. Mu Nteko Ishinga Amategeko (House), Abarepubulikani babonye intebe 198 ku 180n z’Abademokarate; na ho mu baguverineri Abarepubulikani babona 27 kuri 23 b’abademokarate, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Associated Press.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Rwanda

Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Murenge wa Nyarugunga n’ahandi muri Kanombe, mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahanganye n’ikibazo...

Akarere

Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridateganya kuva ku...

Akarere

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yavuze ko igihugu kidateganya gukuraho ingamba z’ubwirinzi cyashyizeho, ahubwo ko zikomeza kuvugururwa bitewe n’imiterere y’ibibazo by’umutekano...

Football

Sugira N. Aimé Christian; Umunyeshuri mu itangazamakuru wimenyereza umwuga Irushanwa ry’igikombe cy’Isi ni rimwe mu marushanwa ahuruza imbaga y’abantu benshi kuva ryatangira gukinwa mu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities