Mu gihe Polisi y’u Rwanda yizihiza imyaka 25 ishize ishinzwe, amateka yayo agaragaza urugendo rurerure rw’impinduka rwafashije igihugu kubaka urwego rw’umutekano rushingiye ku bunyamwuga, ubufatanye n’abaturage ndetse n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho.
Polisi y’Igihugu yashinzwe muri Kamena 2000 nyuma y’ivugurura ryahuje inzego zari zisanzwe zifite inshingano zo kubungabunga umutekano. Mbere yaho, ibikorwa by’umutekano byakorwaga na Gendarmerie Nationale, Polisi ya Komini ndetse n’abagenzacyaha bakoreraga inzego zitandukanye za Leta.
Iri vugurura ryabaye mu gihe u Rwanda rwari rugikomeje kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Guverinoma y’u Rwanda yashakaga urwego rumwe rw’umutekano rushobora gukorera ku murongo umwe kandi rugatanga serivisi zinoze ku baturage.
Mu myaka yakurikiyeho, Polisi y’u Rwanda yubatse isura nshya ishingiye ku bunyangamugayo, gukorera abaturage no kubegera kurushaho. Ibi byafashije mu kongera icyizere abaturage bayigirira, aho ubushakashatsi butandukanye bwagiye bugaragaza ko umutekano mu gihugu uri ku rwego rushimishije kandi abaturage bakishimira serivisi bahabwa.
Kimwe mu byagize uruhare muri iri terambere ni gahunda y’ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage izwi nka Community Policing. Binyuze muri iyi gahunda, abaturage bagize uruhare rutaziguye mu gukumira no gutanga amakuru ku byaha, ibintu byafashije mu kurwanya ibibazo birimo ibiyobyabwenge, ubujura n’urugomo.
Uretse ibikorwa by’umutekano imbere mu gihugu, Polisi y’u Rwanda yagiye yubaka izina no hanze y’imipaka yarwo. Kuva muri 2005, abapolisi b’u Rwanda bagiye boherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye ku bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye, harimo Sudani y’Epfo, Repubulika ya Santrafurika ndetse n’ahandi hagiye hagaragara ibibazo by’umutekano.
Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubunyamwuga, hashyizweho amashuri atandukanye atanga amahugurwa ya gipolisi. Muri ayo harimo Ishuri rya Polisi rya Gishari, Ikigo cy’Amahugurwa yo Kurwanya Iterabwoba cya Mayange ndetse n’Ishuri Rikuru rya Polisi, bifasha gutegura abapolisi bashoboye guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka.
Mu myaka ya vuba, ikoranabuhanga ryabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi bifasha Polisi mu kazi kayo ka buri munsi. Ubu ifite ubushobozi bwo gukoresha uburyo bugezweho mu gucunga umutekano, gukurikirana ibyaha by’ikoranabuhanga no guhangana n’ibindi byaha bikoresha ubuhanga buhanitse.
Mu birori byo kwizihiza imyaka 25 ya Polisi y’u Rwanda byabaye ku wa 27 Gicurasi 2026, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagarutse ku mpinduka ziri kuba mu rwego rw’umutekano ku Isi ndetse asaba Polisi gukomeza guhangana n’izo mpinduka.
Yagize ati “Imiterere y’umutekano ikomeje guhinduka nk’uko byavuzwe n’umuyobozi wa Polisi y’igihugu kandi ibyaha biragenda birushaho gukorwa mu buryo bugoye, gukurikirana guhindagurika kandi bwambukiranya imipaka niyo mpamvu imikorere ya Polisi y’Igihugu na yo igomba kujyana n’igihe. Iyo mikorere ikumira ibyaha bitaraba, isubiza ibibazo bihari kandi ireba kure, uwo niwo muco wa Polisi yacu twifuza.”
Nyuma y’igihembwe cy’ikinyejana, Polisi y’u Rwanda ifatwa nk’imwe mu nzego zikomeye mu gihugu, yaba mu kubungabunga umutekano imbere mu gihugu no mu ruhare igira mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga. Uru rugendo rw’imyaka 25 rugaragaza uburyo urwego rw’umutekano rushobora kubaka icyizere cy’abaturage no gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.


Polisi ya kera yitwaga Jandarumuri

Polisi muri iki gihe ifite ibikoreshobigezweho bikoreshwa mu kurinda no gukumira ibyaha

















































































































































































